Transfer Talk: Bayern Munich yerekeje amaso kuri Cody Gakpo wa Liverpool, Son Heung-min na Mitoma

Imikino - 18/06/2025 3:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Transfer Talk: Bayern Munich yerekeje amaso kuri Cody Gakpo wa Liverpool, Son Heung-min na Mitoma

Amakipe ku mugabane w’Iburayi akomeje kwifuza abakinnyi beza aho Bayern munich iri kwifuza umuhorandi ukinira Liverpool.

Ikinyamakuru Talk Sports cyatangaje ko amakipe atatu akomeye yo muri Saudi Pro League arimo Al-Ahli, Al-Nassr na Al-Qadsiah, yagaragaje ubushake bwo gusinyisha rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Koreya y’Epfo na Tottenham Hotspur, Son Heung-min, w’imyaka 32. Izi kipe ziteguye gutanga miliyoni £34 kugira ngo zimwegukane.

Ikinyamakuru Sky Sports cyandikira mu Budage cyatangaje ko Bayern Munich mu gihe yaba itabashije gusinyisha Nico Williams w’imyaka 22 ukina muri Athletic Bilbao n’Ikipe y’Igihugu ya Espagne, irateganya kwerekeza amaso kuri Kaoru Mitoma w’imyaka 28 ukinira Brighton n’Ikipe y’Igihugu y’Ubuyapani, ndetse na Cody Gakpo, rutahizamu w’imyaka 26 wa Liverpool n’Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi

Fabrizio Romano yatangaje ko Manchester United yo yamaze kumvikana n’umunyezamu w’umwongereza Tom Heaton ku masezerano mashya y’umwaka umwe, agomba kumugumisha kuri Old Trafford kugeza mu mpeshyi itaha, ubwo azaba afite imyaka 40.

Dail Record yatangaje ko Max Aarons, myugariro w’iburyo w’imyaka 25 ukinira Bournemouth n’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, arifuzwa na Rangers. Bournemouth yifuza kumugurisha burundu aho kumutanga ku ntizanyo.

Ikinyamakuru Takvin cyo cyavuze ko Trabzonspor yo ishaka gusinyisha Axel Tuanzebe, myugariro wa Ipswich Town n’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, w’imyaka 27.

Football Italia yatangaje ko AC Milan imaze guhura n’intumwa za Granit Xhaka, umukinnyi wo hagati w’imyaka 32 ukinira Bayer Leverkusen n’Ikipe y’Igihugu y’u Busuwisi, kugira ngo baganire ku byerekeye kumwegukana.

Umunyamakuru wo mu Butaliyani Gianluca di Marzio yavuze ko Napoli irimo kugerageza gusinyisha Jadon Sancho, umukinnyi wo ku mpande w’imyaka 25 wa Manchester United n’Ikipe y’u Bwongereza, nyuma y’uko atitwaye neza mu gihe yari mu ntizanyo muri Chelsea.

Give me Sports yavuze ko Nottingham Forest nayo yifuza umukinnyi wo hagati Richard Rios, w’imyaka 25 ukinira Palmeiras n’Ikipe y’Igihugu ya Colombia. Amasezerano ye arimo ingingo imurekura ku mafaranga agera kuri miliyoni £85.

Gakpo arifuzwa bikomeye na Bayern Munich 

Hueng Min Son arifuzwa n'amakipe atandukanye yo muri Saudi Alabia 

Jadon Sancho mu nzira yo gusohoka muri Manchester United 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...