Tracy yagaragaje ko imico ya Element ihura n’iy’umusore yifuza kurushinga nawe

Imyidagaduro - 07/07/2025 12:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Tracy yagaragaje ko imico ya Element ihura n’iy’umusore yifuza kurushinga nawe

Umuhanzikazi Tracy Mirembe uzwi nka Tracy Melon, umwe mu batangiye kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki muri Uganda, yahishuye ko akunda byimazeyo Producer Element EleéeH wo mu Rwanda, avuga ko yamutwaye umutima kubera uburyo yitwara, uko akora ibintu mu mutuzo n’imico imuranga.

Mu kiganiro yagiranye na Galaxy FM, Tracy yavuze ko ubwo yahuraga na Element yamusigaranye mu ntekerezo. Ati: “Umuntu w’icyamamare nkunda (celebrity crush) ni Element EleéeH wo mu Rwanda. Nahuye na we ni umuntu utuje cyane, ukora ibintu bye ku murongo, bisa n’aho nta magambo menshi […]”

Tracy yavuze ko ibyo yabonye kuri Element bihura neza n’ibyo akunda ku musore yakundana nawe, birimo gutuza, kwiyubaha no kugira intego mu buzima. Yongeyeho ko “yasigaye ku mutima we” kuva yahura na we bwa mbere.

Avuga ko akeneye umusore utuje nk’uko bimeze kuri Element. Ati “Umusore utuje, kandi ukora ibintu bye ku murongo aba atandukanye. (Element) aratuje, mbese. (Yavugaga aya magambo agaragaza amarangamutima mu mivugire no ku maso).”

Uyu mukobwa, wavutse ku wa 10 Gicurasi 2001 i Iganga ariko akurira i Mutungo mu Mujyi wa Kampala, yinjiye mu muziki mu 2021 abinyujije mu irushanwa rya Pearl of Africa (POA) Star Search, aho yegukanye umwanya wa gatatu. Nyuma yo kwigaragaza nk’umuhanga, yasinyishijwe na Trroy Music, aho ari gukorera kugeza n’ubu.

Ku rugendo rwe, Tracy avuga ko Talent Africa yamuhaye urubuga rwo gutangira kubaka izina, anatangaza ko ibihe nk’ibyo yataramiye hamwe na Rema muri Afropalooza cyangwa ubwo yaririmbaga muri Blankets and Wine, ari bimwe mu byo atazibagirwa.

Ati “Sinzibagirwa uburyo nataramiye ku rubyiniro rumwe na Rema (umuhanzi w’Umunya-Nigeria) mu gitaramo cya Afropalooza. Ntaramiye kandi muri Blankets and Wine, aho natanze igitaramo cyiza cyane cyashimishije abantu.”

Ariko noneho, ikintu gikomeye cyamubayeho vuba, si uko yaririmbye imbere y’imbaga cyangwa yasinyishijwe na kompanyi ikomeye, ahubwo ni uko umutima we wagiye uw’i Kigali, usigara ku mu-Producer ukomeje kwigarurira Afurika: Element EleéeH.

Element EleéeH ni umu-Producer ndetse n’umuhanzi w’Umunyarwanda umaze kumenyekana cyane mu ndirimbo nka “Tombe,” “Milele,” “Fou de Toi” na “Kashe,” zamamaye mu Rwanda no mu karere.

Kandi nubwo atavugwa cyane mu itangazamakuru ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite, Tracy Melon yamubonyeho byinshi by’umwihariko bimufasha kwiyumvamo uwo musore.

Uko Tracy Melon yavuze amarangamutima ye kuri Element, si gusa iby’urukundo, ahubwo ni ikimenyetso cy’uburyo umuziki nyarwanda uri kugera kure, ndetse n’abawukora bakaba bagenda bagaragaza imico n’indangagaciro zituma barushaho gukundwa.

Kuri ubu, nta gihamya y’uko aba bombi bari mu rukundo cyangwa bazakorana umushinga, ariko ubutumwa bwa Tracy bushobora kuba ari intangiriro y’urugendo rushya ruri hagati y’umutima n’impano.

Kimwe mu byamugoye Tracy mu rugendo rwe rw’umuziki ni ukwamamaza ibihangano bye, cyane ko bisaba ubushobozi n’ingufu nyinshi. Ariko yavuze ko yakoresheje imbuga nkoranyambaga nka TikTok, akabona abafana bamukunda kandi bamusangiza ubutumwa bwiza.

Tracy avuga ko ababyeyi be bamushyigikiye cyane kuva agitangira umuziki. Bagiye bamuha uburenganzira bwo gukurikirana inzozi ze ndetse banamusengera ngo agire amahirwe mu rugendo rwe rw’ubuhanzi.

Ubwo yari mu rugo arimo afata amafunguro y’amanywa, nibwo yumvise indirimbo ye icurangwa kuri Radiyo bwa mbere. Avuga ko byari ibihe by’umunezero udasanzwe kumva igihangano cye kimaze kugera ku bantu benshi.

Ku bijyanye no guhitamo abantu bakorana, Tracy Melon avuga ko ahitamo abamwizeye, bamusobanukiwe kandi bafite intego zihuje. Ashyira imbere ubufatanye bushingiye ku cyerekezo kimwe no guharanira iterambere rya buri umwe.

Ati: “Uretse umujyanama, umuhanzi akwiye kugira Producer, umwambika ndetse n’Umufasha wihariye (Personal Assistant) kugira ngo agire gahunda inoze n’isura ihamye mu ruhando rw’imyidagaduro.”

Tracy Melon yemeza ko ijwi rye rituje kandi rihumuriza, ariryo rifasha indirimbo ze gukundwa no kwinjira mu mitima y’abafana be.

Nubwo akiri muto, Tracy Melon ari mu bahanzi bafite ejo hazaza heza mu muziki wa Uganda ndetse n’akarere. Imyitwarire ye, ubuhanga n’imyemerere ye bikomeje kumuha izina rikura buri munsi.


Tracy Melon yatangaje ko imico n’imyitwarire ya Element biri mu byo akeneye ku musore yifuza kurushinga nawe 

Tracy yavugaga kuri Element agaragaza amarangamutima kuri we ashingiye ku gihe baherukaga guhuriraho

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'OGENDA KUKILABA' YA TRACY MELON



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...