Ibi
byabaye ubwo yarimo gutaramira abakunzi be mu gitaramo cya Bridges & Beats
cyabereye mu Mujyi wa Mbarara, ahazwi cyane mu bikorwa by’imyidagaduro muri
Uganda.
Mu
gihe yari akiri ku rubyiniro ari gushimisha abitabiriye, umwe mu bafana bari
begereye urubuga yaje kumukoraho mu buryo butari bwo, amukora ku kibuno.
Bikekwa
ko uwo mufana yari yanyoye ibisindisha, gusa ibyo yakoze byateye umujinya
ukomeye uyu muhanzikazi.
Tracy
Melon, atigeze abyihanganira, yahise ahagarika igitaramo ako kanya, ava ku
rubyiniro mu burakari bwinshi, ibintu byasize benshi mu bari bitabiriye
igitaramo bibaza icyabaye.
Nyuma
y’ibi, uyu muhanzikazi yasobanuye ibyabaye, agaragaza ko yumvise asuzuguwe
cyane n’iyo myitwarire.
Iki
gikorwa cyateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu bakurikira umuziki
bagaragaje ko Tracy Melon yahohotewe bityo gufata icyemezo cyo kuva ku
rubyiniro bikaba byari bikwiye, mu gihe abandi bagaragaje ko byabababaje kuba
igitaramo cyarangiye bitunguranye.
Si
ubwa mbere uyu muhanzikazi agize ikibazo nk’iki kiri ku rubyiniro. Mu mpera
z’umwaka ushize, nabwo yigeze guhura n’akavuyo mu gitaramo cyabereye i Luweero
ku munsi mukuru w’Ubunani, aho abafana bagaragaje imyitwarire idahwitse kugeza
ubwo bimuteye kuva ku rubyiniro.
Tracy
Melon yakomeje kwamagana imyitwarire nk’iyi, ashimangira ko ibikorwa byo
gusuzugura abahanzi by’umwihariko abagore bidakwiye kwihanganirwa, kuko
bibangamira akazi kabo ndetse bikabaca intege.
Ibi
byongeye kuzamura ibiganiro ku mutekano w’abahanzi bari ku rubyiniro, cyane
cyane mu bitaramo bibera ahantu hafunguye cyangwa hitaruye igenzura rikomeye,
aho bamwe mu bafana barenga ku mbibi z’icyubahiro.
Abasesenguzi
mu myidagaduro bagaragaza ko hakenewe ingamba zikomeye zo kurinda abahanzi,
zirimo kongera umutekano hafi y’urubyiniro ndetse no guhana by’intangarugero
abafana bagaragaza imyitwarire mibi, kugira ngo ibitaramo bikomeze kuba ahantu
h’umutekano n’icyubahiro ku mpande zombi.
VIDEO: A visibly angry Tracy Melon left the stage when a
reveller touched her against her consent while performing in
Mbarara.
🎥: Courtesy) https://t.co/uqgRHlaQAu
pic.twitter.com/22pXZknxHd
(
Ku
wa 29 Werurwe 2026, Tracy Melon yahagaritse igitaramo bitunguranye i Mbarara
nyuma yo gukorwaho n’umufana mu buryo butari bwo
Tracy
Melon yanenze imyitwarire idahwitse y’abafana nyuma yo gusuzugurwa ari
kuririmba
