Tour de France: Pauline Ferrand-Prévot yahagaritse isiganwa kubera uburwayi

Imikino - 09/08/2026 11:01 AM
Share:

Umwanditsi:

Tour de France: Pauline Ferrand-Prévot yahagaritse isiganwa kubera uburwayi

Umufaransa wegukanye Tour de France Femmes umwaka ushize, Pauline Ferrand-Prévot, yatunguranye ubwo yahagarikaga iri siganwa kubera uburwayi, hasigaye udice tubiri gusa ngo rirangire.

Uyu mukinnyi w’Umufaransa w’imyaka 34 ukinira Team Visma-Lease a Bike, ntiyatangiriye ku cyiciro cya nyuma y’ibyiciro bibiri, cyavaga i Sisteron kijya i Nice, ndetse ntiyanagaragaye mu gihe abakinnyi b’ikipe ye bari bagiye kwiyerekana.

Ikipe ya Visma-Lease a Bike yatangaje ko Ferrand-Prévot atari yumva ameze neza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, bityo nyuma yo kuganira n’abaganga hafatwa umwanzuro ko atatangira isiganwa.

‎Ikipe yagize iti: “Nyuma yo kugisha inama abaganga, hafashwe umwanzuro ko atatangira uyu munsi. Turamwifuriza gukira vuba.”

‎Ferrand-Prévot yari yasoje icyiciro cyo ku wa Gatanu asigaye inyuma ya Kasia Niewiadoma-Phinney, iminota irenga 10. Muri rusange, yari asigaye inyuma y’umukinnyi wari wambaye umwambaro w’umuhondo iminota 14 n’amasegonda 37. 

Mu gihe Umwaka ushize, Ferrand-Prévot yegukanye Tour de France Femmes nyuma yo gukora urugendo rurerure wenyine ku musozi wa Col de la Madeleine, mbere yo kwegukana icyiciro cya nyuma. Yarangije isiganwa asize Demi Vollering iminota 3 n’amasegonda 42.

Gusa uyu mwaka ibintu byamugendekeye nabi. Kuko umunsi wa mbere ukomeye mu rugamba rwo guhatanira umwanya wa mbere muri rusange, yarangije ari ku mwanya wa 19, asigara inyuma ya Vollering iminota 2 n’amasegonda 35.

‎Nyuma yo kongera gutakaza umwanya mu isiganwa ryo guhangana n’amasaha, Ferrand-Prévot yari asigaye inyuma iminota itanu ku rutonde rusange, bituma atangaza ko amahirwe yo kurinda igikombe cye yarangiye.

Uretse ibi, uyu mwaka Ferrand-Prévot ntaragira isiganwa na rimwe atsinda, ndetse muri Vuelta a España Femenina yarangije ku mwanya wa 35.

‎Kuri Team Visma-Lease a Bike na ho ntabwo ari umwaka mwiza mu rugamba rwo guhatanira imyanya y’imbere. kuko Abakinnyi bayo ntibagaragaje imbaraga zigaragara mu rugamba rwa classement général cyangwa mu matsinda y’abakinnyi basigana imbere.

‎Marianne Vos, umwe mu bakinnyi bakomeye b’iyi kipe, yabaye uwa gatatu ku cyiciro cya kabiri, ariko ku munsi wabanje yari yasigaye inyuma ya Lorena Wiebes amasegonda umunani.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...