Tour de France: Jasper yegukanye agace ka 17, urugamba rw'umwambaro w'icyatsi rurushaho gukomera

Imikino - 22/07/2026 7:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Tour de France: Jasper yegukanye agace ka 17, urugamba rw'umwambaro w'icyatsi rurushaho gukomera

Jasper Philipsen ukinira ikipe ya Alpecin-Premier Tech yegukanye agace ka 17 ka Tour de France 2026 nyuma yo gutsinda isiganwa ryabereye mu mujyi wa Voiron, bituma urugamba rwo guhatanira umwambaro w'icyatsi rurushaho gukomera hasigaye iminsi ine ngo irushanwa risozwe.

Uyu mukinnyi w'Umubiligi yageze ku ntsinzi ye ya mbere muri Tour de France y'uyu mwaka nyuma y'uko yari amaze iminsi atabasha kurenga umwanya wa gatatu. Mu bilometero bya nyuma, yafashijwe cyane na mugenzi we Mathieu Van der Poel wamugejeje ahantu heza mbere y'uko asiga abo bari bahanganye mu masegonda ya nyuma.

‎Agace ka 17 kabanjirijwe n'urugamba rukomeye rw'abagerageje guhunga peloton. Jasper Stuyven wa Soudal-Quick Step ni we wari wigaragaje cyane nyuma yo gusiga bagenzi be asigaje kilometero 25 ngo isiganwa rirangire.

Yakomeje kuyobora wenyine ndetse benshi batangira kwizera ko ashobora kugera ku ntsinzi, ariko yafashwe hasigaye kilometero enye gusa ngo agere ku murongo usoza, nyuma y'uko Alpecin-Premier Tech ikoreye Philipsen akazi gakomeye ko gusubiza hamwe itsinda ryari rimukurikiye.

‎Ikipe ya Lidl-Trek na yo yakoraga ibishoboka byose ngo irengere umwambaro w'icyatsi wambitswe Mads Pedersen. Mu ntangiriro z'agace, yaburijemo ibitero byinshi mbere y'uko Pedersen ubwe atangiza ibitero ku musozi wa Col des Près.

‎Nubwo Pedersen yarangije agace ari ku mwanya wa munani, yatakaje amanota y'ingenzi. Aho kuri ubu arusha Jasper Philipsen amanota arindwi gusa, aho afite amanota 452 mu gihe Philipsen afite 445, ibintu bituma guhatanira Green Jersey bizakomera cyane mu duce tune dusigaye.

‎Mu rundi ruhande, abarwanira umwanya wa mbere muri rusange ntibigeze bishora muri uru rugamba. Umuhondo (Yellow Jersey) Tadej Pogačar n'abandi bahanganye na we basoje agace barushwa iminota irenga icyenda n'abari imbere, bituma Umunya-Slovenia akomeza kuyobora urutonde rusange mbere y'uduce dutatu two mu misozi miremire ya Alpes, tuzabanziriza isozwa rya Tour de France rizabera kuri Champs-Élysées ku Cyumweru.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...