Iki
gitaramo cyahawe izina rya Family Healing, kizitabirwa n’Abanyarwanda ndetse
n’inshuti zabo batuye ku mugabane w’u Burayi. Muri iki gitaramo, Tonzi azasangira uruhimbi na Bosco Nshuti.
Ni
igitaramo cy’ihumure ry’imiryango ‘Family Healing’ cyateguwe na Family Corner,
gifite intego yo guhuza imiryango, gusabana no kongera gusubizamo abantu
icyizere binyuze mu ndirimbo z’Imana.
Abategura
bavuga ko bazifashisha umuziki wa Gospel nk’umuyoboro wo gufasha abantu kongera
kunga ubumwe n’Imana ndetse no kwiyunga hagati yabo.
Tonzi,
uzwi mu ndirimbo zikora ku mitima nka ‘Humura’, ‘Sijya Muvaako’, ‘Nzajya
gusingiza Yezu’, ni we uzaba ari umuhanzi mukuru uzasusurutsa abazitabira iki
gitaramo.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Tonzi yavuze ko iyi si inshuro ya mbere ajya
mu Bubiligi, ariko ari bwo bwa mbere atumiwe mu gitaramo cyiswe Family Healing.
Ati: “Si ubwa mbere ngiye mu Bubiligi ariko ni ubwa mbere ntumiwe na Family
Healing. Uyu mwaka nagiyeyo mu kwezi kwa Gatatu ndirimba mu bukwe nari
natumiwemo. Ku bijyanye n’ibitaramo, icyo giheruka nakoze cyari mu Buhorandi,
aho natumiwe kuririmba ku munsi mpuzamahanga w’umugore. Izindi nshuro nagiyeyo
nabaga njyiye muri gahunda zanjye bwite.”
Tonzi
amaze igihe agaragaza ibikorwa byagutse byo kuririmbira hanze y’u Rwanda, akaba
umwe mu bahanzi ba Gospel bamenyekanye mu Karere ndetse no ku rwego
mpuzamahanga.
Kuri
we, igitaramo nk’iki ni amahirwe yo kwibutsa Abanyarwanda baba mu mahanga ko
n’ubwo baba kure y’iwabo, bakeneye gukomeza gusabana, gusengera hamwe no
gusubizwamo icyizere.
Abategura
iki gitaramo batangaje ko imyiteguro iri kugenda neza, kandi ko byitezwe ko
kizaba igihe cyihariye cyo gusabana mu buryo bwo kuramya no guhimbaza Imana.
Iki
gitaramo kizaba ari n’undi murongo mushya mu rugendo rwa Tonzi nk’umuhanzi
umaze imyaka irenga 20 mu muziki wa Gospel, akaba ashyira imbere ubutumwa bwo
kwihangana, kwiringira Imana no gukomeza gusabana nk’umuryango mugari.
Agiye
gutaramira mu Bubiligi nyuma yo gushyira ku isoko igitabo cye cya mbere ‘An
Open Jail’, ndetse ari kwitegura gushyira ku isoko Album ye ya cumi. Ubwo
yamurikaga igitabo cye, yavuze ko ari no gusoza amasomo y’icyiciro cya gatatu
cya kaminuza (Master’s) mu ishami rya ‘Theology’.”. Yabwiye InyaRwanda, ko muri
uyu mwaka ari bwo azasoza amasomo se.
Theology
ni ishami rya kaminuza ryiga ibintu bijyanye n’Imana, ukwemera n’imyemerere ya
muntu. Muri rusange bigamo: Amateka y’Idini n’Itorero.
Isesengura
ry’Isezerano rya Kera n’Isezerano Rishya. Ibisobanuro by’amahame y’ukwemera. Ibibazo
birebana n’Imana, umuntu n’isi. Uburyo imico n’imyifatire ihuzwa n’inyigisho
z’Idini.
Uburyo
bwo kuyobora amatorero, gusenga, kwigisha no kwamamaza ubutumwa bwiza. Bitewe
n’aho umuntu yiga, Theology ishobora no kwibanda ku mibanire y’idini
n’imibereho rusange (politiki, umuco, imibereho myiza n’ubutabera).
Tonzi
yiteguye gususurutsa Abanyarwanda n’inshuti zabo i Bruxelles mu gitaramo Family
Healing
Tonzi,
uru rugendo rwa Gospel rwamugejeje mu bihugu byinshi, none agiye kongera guhuza
imiryango i Burayi
Umuziki
wa Tonzi ni ubutumwa bwo guhumuriza, gusenga no kwiyunga nk’imiryango
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'URUFUNGUZO' YA TONZI