TMC yibukije ko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ari inshingano ya buri gihugu

Imyidagaduro - 24/04/2026 11:42 AM
Share:

Umwanditsi:

TMC yibukije ko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ari inshingano ya buri gihugu

Umuhanzi Mujyanama Claude wamamaye cyane mu muziki nka TMC, uri mu bahanzi Nyarwanda bakorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko buri gihugu gifite inshingano zikomeye zo kurwanya no kwamagana ingengabitekerezo ya Jenoside aho iva ikagera, ashimangira ko uru rugamba rusaba ubufatanye bwa buri wese, by’umwihariko urubyiruko.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yagarutse ku butumwa bw’ingenzi yageneye Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

TMC yavuze ko mu bihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ingenzi ko isi yose ikomeza kwibuka ariko inarwanya icyatuma ayo mateka yongera kubaho ukundi, agaragaza ko iki kibazo kidakwiye kugarukira mu Rwanda gusa.

Ati: “Muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubutumwa bw'ingenzi nagenera Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda ni ugukumira ingengabitekerezo ya Jenoside aho iva ikagera, haba mu Rwanda no hanze yarwo rwose. Ni uruhare rwa buri gihugu, gukumira no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, tukabana twubahana, kandi igihugu kikarengera abaturage bacyo.”

TMC yashimangiye ko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside atari inshingano z’igihugu kimwe gusa, ahubwo ari urwego mpuzamahanga rusaba ubufatanye n’ubwumvikane hagati y’ibihugu n’abaturage babyo.

Yanagarutse ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka u Rwanda rw’ejo hazaza, avuga ko ari rwo rufite imbaraga zo guhindura isura y’igihugu mu ruhando mpuzamahanga.

Yibukije urubyiruko ko u Rwanda ari igihugu cyahisemo inzira y’iterambere n’ubumwe, bityo bikwiye kuba ishingiro ry’imibereho yabo ya buri munsi.

Ati: “Dufite igihugu cyiza giha amahirwe buri wese. Ni umwanya mwiza wo kwiyubaka, no kutaba mu gahinda. Ikintu cyonyine giha ishema, gisubiza icyubahiro abo twabuze, ni uko dutsinda muri ubu buzima. Ni ko kubasubiza ishema n’icyubahiro.”

Yongeyeho ko urubyiruko rukwiye kwibanda ku kwiteza imbere, gukora cyane no guharanira kuzamura isura y’u Rwanda binyuze mu bikorwa bifatika.

Mu butumwa bwe, TMC yanagarutse ku kibazo cy’ikwirakwizwa ry’amakuru atari yo ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko hari bamwe bazikoresha bagoreka amateka y’u Rwanda nkana.

Yagize ati: “Abantu batinyuke bavuga ukuri. Kubera imbuga nkoranyambaga, uzabona abantu benshi bavuga ibitari byo. Ni uruhare rwa buri munyarwanda wese, cyane cyane urubyiruko, kuvuga ukuri k’u Rwanda rw’uyu munsi no kuvuga amahirwe igihugu giha umuntu wese.”

Yongeye gushimangira ko urubyiruko rukwiye kuba ku isonga mu kwamamaza ukuri, no gusubiza ku bihuha bikwirakwizwa ku gihugu. Ati: “Rubyiruko twamamaze ukuri, tubeshyuza, twereka mu buryo bufatika u Rwanda, kugira ngo duce intege abo bafashe umugambi wo gukwirakwiza ibihuha.”


TMC yasabye buri gihugu guhagurukira hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, asaba urubyiruko kuba ku isonga mu kurengera ukuri n’amateka y’u Rwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...