Uyu
mushinga yawutangiranye n'indirimbo ye ya mbere yise ‘Urare’, igaragaramo
ibyamamare bitandukanye byo mu muziki, itangazamakuru ndetse n'abavuga
rikijyana ku mbuga nkoranyambaga, byose bihuriye ku butumwa bumwe bwo
kugaragaza ubwiza bw'u Rwanda.
Ni
igikorwa cyanashimwe n'abayobozi, aho Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere
ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima, yifashishije urubuga rwa X (Twitter), yashimiye
Titi Brown kuri iyi ntambwe nshya, anashimira ‘Kagaragara’ umaze iminsi ari mu
rugendo rw'ibikorwa muri Afurika ari kumwe na Ashaton Hall.
Yagize
ati: "Ibikorwa byanyu turabibona, kandi turabashima. N'ibindi byiza biri
mu nzira, in-shaa-Allah."
Mu
ndirimbo ‘Urare’, Titi Brown yakoranye n'abahanzi barimo Peace Jolis, Magna
Romeo, Luna, Kenny Mirasano, Fox Makare n'abandi, ibintu avuga ko yabikoze
agamije guhuza imbaraga z'abahanzi n'ibyamamare bitandukanye mu kwamamaza
igihugu.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Titi Brown yavuze ko igitekerezo cyo gukora
iyi ndirimbo cyavutse nyuma yo kubona uburyo imbyino yagiye ahimba yagiraga
uruhare mu gutuma indirimbo zikundwa cyane.
Ati:
"Igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyaturutse mu kwibaza nti niba
nshobora kurema imbyino abantu bakazikunda, bigatuma n'igihangano gikundwa,
bikanazamura umuhanzi, ni ho navuze nti kuki nashobora kumenyekanisha igihugu
cyanjye noneho binyuze mu ndirimbo."
Avuga
ko icyo yifuzaga atari ugukora indirimbo isanzwe, ahubwo ko yashakaga
igihangano gifite ubutumwa buzahoraho, bushishikariza abantu kureba u Rwanda
nk'igihugu gifite amateka akomeye, amahoro n'ubwiza bikwiye gusurwa.
Yagize
ati: "Indirimbo ubutumwa ifite ni ukumenyekanisha u Rwanda, guhamagarira
abanyamahanga gusura u Rwanda, kimwe n'Abanyarwanda baba mu mahanga, mbabwira
ko u Rwanda ari igihugu cy'amahoro. Ni ubutumwa bwo kongera kwibutsa
Abanyarwanda ndetse n'abanyamahanga ubwiza bw'igihugu cyacu."
Ikigaragara
muri ‘Urare’ ni uko atahisemo gukorana n'abaririmbyi gusa, ahubwo yanahurijemo
abantu bafite amazina akomeye mu ngeri zitandukanye.
Asobanura
impamvu yabikoze, yagize ati: "Nabahurije hamwe kugira ngo tuvuge u
Rwanda, cyane ko iyi ndirimbo ivuga u Rwanda. Ikindi ni ukugira ngo indirimbo
igere kure."
Ni
icyemezo agaragaza ko cyari kigamije kongera imbaraga z'ubukangurambaga, aho
buri wese uyigaragaramo aba umuyoboro wo kugeza ubutumwa ku bamukurikira.
"Urare"
ni intangiriro y'umushinga munini
N'ubwo
iyi ari indirimbo ya mbere Titi Brown ashyize hanze muri uyu mushinga, avuga ko
atari iherezo, ahubwo ari intangiriro y'urugendo rurerure.
Asobanura
ko "Rwanda in Mirror" atari umushinga uzagarukira mu muziki gusa,
ahubwo uzagera no mu bikorwa bifatika byo kwegera abaturage.
Ati:
"Iyi ndirimbo ikubiye mu mushinga witwa 'Rwanda in Mirror'. Ni umushinga
munini utazaba ubarizwamo ibihangano gusa, ahubwo tuzasura amagororero yo hirya
no hino mu gihugu tubabwira u Rwanda, nzazenguruka ibigo by'amashuri n'ahandi.
Mu gisobanuro cya nyacyo ni 'U Rwanda nibonamo mu ndorerwamu'."
Yagize
ati "U Rwanda mvuga ni u Rwanda rufite ubuyobozi bwiza, u Rwanda
rwaturutse kure, rukava mu bihe bikomeye, rukaba ari u Rwanda abanyamahanga na
bo baza kwigiraho uburyo bateza imbere ibihugu byabo. Urwo Rwanda ni rwo
dukeneye ko abantu babibonamo, yaba Abanyarwanda ndetse n'abanyamahanga."
Akomeza
avuga ko ari yo ntego nyamukuru yatumye ahitamo kwita umushinga we "Rwanda
in Mirror", kuko yifuza ko umuntu wese awurebye cyangwa awukurikiye,
yabonamo ishusho nyakuri y'igihugu.
Mu
gihe benshi bamuzi nk'umubyinnyi wagize uruhare mu kwamamaza indirimbo nyinshi
z'abahanzi nyarwanda binyuze mu mbyino, Titi Brown ubu yatangiye indi paji
nshya, aho ashaka gukoresha ubuhanzi bwe nk'ikiraro cyo kumenyekanisha u Rwanda
no kurusigasira mu mitima y'Abanyarwanda n'abarukunda ku isi yose.

Titi Brown yatangije umushinga ‘Rwanda in Mirror’ ukubiyemo ibihangano binyuranye

Titi Brown yavuze ko muri uyu mushinga we harimo gusura amagororero, ibigo by’amashuri n’ibindi

