Titi Brown yamuritse itsinda ry’abana b’ababyinnyi 60 yatangiye gutoza – AMAFOTO

Imyidagaduro - 12/09/2025 6:44 AM
Share:

Umwanditsi:

Titi Brown yamuritse itsinda ry’abana b’ababyinnyi 60 yatangiye gutoza – AMAFOTO

Umubyinnyi wabigize umwuga, Ishimwe Thierry uzwi nka Titi Brown, yamuritse ku mugaragaro itsinda ry’abana b’ababyinnyi bagera kuri 60 ryitwa “Africa Mirror”, ari naryo ryatangiye urugendo rwo kugaragaza ubuhanga mu mbyino zitandukanye.

Byabereye mu gitaramo cya Gen-z Comedy cyabaye ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki 11 Nzeri 2025, muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali).

Titi Brown amaze igihe kinini mu rugendo rwo kubyina, ndetse yari aherutse gutangaza ko agiye gutangiza ishuri rizigisha abana bato kubyina.

Ibi byari nko gutangira kubishyira mu bikorwa, aho aba bana bataramiye abitabiriye iki gitaramo babyina indirimbo zikunzwe muri iki gihe.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Titi Brown yavuze ko kubamurikira muri Gen-z Comedy ari intangiriro yo kuberekana imbere y’imbaga, anatangaza ko hari byinshi biri imbere.

Ati: “Aba ni abana ndi gutoza, kandi mu minsi micye muzajya mubabona ahantu hose. Bitwa ‘African Mirror’, imyitozo tuyikorera i Norvège.”

Aba bana bafite imyaka iri hagati y’itanu na 16, bose hamwe bakaba ari 60. Titi Brown yavuze ko yahisemo kubafasha nyuma y’uko mugenzi we Afro Saido yamugaragarije ko bafite impano yihariye.

Yagize ati: “Nagiyemo nkuje gufatanya, kuko nabonye ari abana bafite impano bakeneye ubufasha. Nahisemo kubashyigikira no kubongerera ubumenyi.”

Avuga ko kubamurikira muri iki gitaramo ari inzira yo kubereka ko bashoboye, kandi akizeza ko ejo hazaza habo mu mbyino hameze neza.

Abahanga bavuga ko kwigisha abana kubyina si uburyo bwo kubashimisha gusa, ahubwo ni isoko y’ubumenyi n’uburere. Kuko abana bigira icyizere mu kwigaragaza, bakiga gukorera mu itsinda no gusabana n’abandi.

Kubyina kandi ni siporo ituma umubiri wabo ukomera, ikabarinda indwara n’umubyibuho ukabije. Uretse ibyo, bituma bamenya impano zabo kare, bakazizigama mu rugendo rw’ahazaza.

Kuri Titi Brown, kubyina kuri aba bana ni inzira ibahuza n’umuco, ibaha imyidagaduro, kandi ikabatoza ikinyabupfura gishobora kubagirira akamaro mu buzima bwose.

 
Aba bana bo mu itsinda “Africa Mirror” berekana ubuhanga mu kubyina imbere y’abitabiriye Gen-z Comedy i Kigali 

Abana batozwa na Titi Brown barushaho kwiyizera mu gihe berekana impano zabo ku rubyiniro 


Imyitozo y’itsinda “Africa Mirror” yagaragaje ko abana bafite ubushobozi bwo guhuriza hamwe imbaraga n’ubusabane mu kubyina 


Titi Brown ari kumwe n’abana 60 atoza mu mbyino zitandukanye, mu rwego rwo kubongerera ubumenyi 


Umubyinnyi Titi Brown yashimangiye ko aba bana bafite ahazaza heza mu rugendo rw’imbyino


Titi Brown ari kumwe na Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen-z Comedy mbere yo kumurika itsinda yigisha kubyina




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...