Uyu
muhanzi w’imyaka 44 y’amavuko winjiye ku rubyiniro saa moya n’iminota 30 z’ijoro
(7:30PM), yasanze hari igicu gikomeye cy’umuziki cyasizwe na The Ben wabanje ku
rubyiniro akanashimangira ko ari umwe mu bahanzi nyarwanda bakomeye.
Ubwo
Timaya yatangizaga igitaramo cye, byahise bigaragara ko atari bumere neza
nk’uko byifuzwaga, kuko abari muri BK Arena benshi babonaga bisa n’aho
batamumenyereye bihagije cyangwa se batari mu mwuka wo kuzamuka ku ndirimbo ze.
Mu
gihe abitabiriye igitaramo bari bacecetse batanga icyizere gike cy’ubusabane,
Timaya yagerageje uburyo bwose bwo gususurutsa abafana, kugeza ubwo
yifashishije amagambo yo mu ndirimbo zitari ize. Yagize ati:
Ariko
n’ayo magambo yasaga n’ayo mu mashuri y’inshuke, ntiyateye igikundiro. Yahise
yongera abwira imbaga amagambo yo mu ndirimbo “Excess Love” ya Mercy Chinwo
agira ati:
N’ubwo
ibi byose yabikoze mu rwego rwo kwegereza abafana umunezero, byanze.
Urubyiniro rwari rwitonze nk’aho abantu barimo kureba igikorwa cy’ikinamico aho
kuba igitaramo cy’umuziki.
Yaciye
bugufi asaba urukundo n’icyemezo cyo gutura i Kigali
Aya
magambo yakiranywe ibyishimo byinshi n’urusaku rw’imbaga yari mu ntebe za BK
Arena, abitabiriye igitaramo bamwishimiye cyane ndetse bishimira ko n’ubwo
indirimbo ze zitari zikomeje kubavugisha, byibuze amagambo y’urukundo yavuzemo
abageze ku mutima.
Ntihagarariye
aho, Timaya yongeyeho agira ati
Aya magambo yongeye gutuma abafana be bamuha umwanya wo kongera kwiyubaka kuri urwo rubyiniro rwari rwinjiranye umucyo muke.
Mu gusoza igitaramo cye, Timaya yashatse gukora ikindi gikorwa gishimisha abari aho. Yahamagaye abakobwa ku rubyiniro kugira ngo abyine nabo, baza ari babiri.
Mu gihe yabyinishaga umwe muri bo, yaje kumuterura amuzunguza ku rubyiniro
ibintu byateye urusaku n’imizindaro y’akaruru mu bafana. Byatumye bamwe
batangira kugenda bamubonamo ishusho y’umuntu utari yateguye neza igitaramo
cye, ahubwo wagerageje gukura ku rubyiniro umunezero uko ashoboye.
Yashimiwe
na Masai Ujiri, ahabwa impano yihariye
Mbere
y’uko Timaya ava ku rubyiniro, Masai Ujiri, washinze iserukiramuco rya Giants
of Africa, yaje ku rubyiniro amusanga amushimira byimbitse. Yamuhaye umwambaro
wanditseho izina ‘Timaya’ ndetse n’ibirango bya Giants of Africa, mu rwego rwo
kumushimira uruhare rwe muri iri serukiramuco ryari rigamije gushimangira
ubufatanye binyuze mu muziki, siporo n’umuco.
N’ubwo
Timaya atashoboye guhuza neza n’abafana b’i Kigali mu buryo bunoze, ijambo
yavuze ry’uko ashobora kuzarushinga n’umunyarwandakazi ryahise rikwira ku mbuga
nkoranyambaga, abandi bakemeza ko mu Rwanda ari mu rugo.
Timaya
yinjira ku rubyiniro rwa BK Arena ku nshuro ya mbere, asanganirwa n’abafana
b’umuco wihariye
Nubwo atari byoroshye guhita yigarurira
abafana, Timaya yatanze ibye byose ku rubyiniro
Mu
mpagarara n’ibitwenge bike, Timaya yagerageje gufatanya n’abafana binyuze mu
ndirimbo zitandukanye
“‘If
you’re happy, clap your hands!’ — Timaya akoresha amayeri yose ashoboka ngo
yegere imitima y’i Kigali
Nzashaka umunyarwandakazi’ — Timaya ubwo yacaga bugufi agatangaza urukundo rwe ku gihugu cy’u Rwanda
Ku munota wa mbere, Timaya akigera ku rubyiniro yatsitaye ku matara aba ari ku rubyiniro, asaba ko akurwaho -niko byagenze