Urwo rubanza rwatanzwe mu 2024, aho Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika yashinje TikTok na ByteDance gukusanya amakuru bwite y’abana bari munsi y’imyaka 13, batabanje kubona uburenganzira bw’ababyeyi babo.
Amerika yavuze kandi ko TikTok itari yarakoze ibihagije mu gukumira abana bato gukoresha urubuga cyangwa mu gusiba konti zabo igihe ababyeyi babisabaga.
Muri aya masezerano, TikTok yemeye kwishyura miliyoni 300 z’amadolari ako kanya, mu gihe andi miliyoni 100 z’amadolari azishyurwa nyuma y’uko hakurwaho amasezerano y’ubwumvikane yari yarashyizweho mu rubanza rwa kera rwarebaga Musical.ly, urubuga rwaje guhinduka TikTok.
Ikibazo cy’ubuzima bwite bw’abana kuri TikTok cyari kimaze igihe. Mu mwaka wa 2019, Musical.ly yari yaraciwe amande ya miliyoni 5.7 z’amadolari kubera ibirego byo gukusanya amakuru y’abana bari munsi y’imyaka 13 binyuranyije n’amategeko ya Amerika
Kuva uru rubanza rutangiye, TikTok yakoze impinduka mu buryo icunga amakuru n’umutekano w’abakoresha bato. Harimo kongera uburyo bwo kugenzura imyaka y’abakoresha, kongera abakozi bashinzwe kumenya no gukumira konti z’abana, ndetse no kunoza uburyo bwo kurinda amakuru yabo.
Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika yavuze ko aya masezerano agamije gushimangira ko ibigo by’ikoranabuhanga bigomba kubahiriza amategeko arengera abana n’amakuru yabo bwite. TikTok ikomeza gukora muri Amerika, aho ifite abarenga miliyoni 200 bakoresha urubuga.
