Tiger Woods na Vanessa Trump mu rugendo rukomeye rwo guhangana n'ibibazo by'ubuzima

Imyidagaduro - 07/06/2026 6:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Tiger Woods na Vanessa Trump mu rugendo rukomeye rwo guhangana n'ibibazo by'ubuzima

Icyamamare muri Golf ku Isi, Tiger Woods, akomeje urugendo rwo kwivuza no kwisubiza mu buzima busanzwe nyuma y'impanuka y'imodoka n'ibibazo by'amategeko byamugezeho uyu mwaka. Umukunzi we Vanessa Trump na we ari guhangana n'uburwayi bwa kanseri y'ibere, ibintu byashyize aba bombi mu bihe bitoroshye ariko bakomeje gufashanya.

Nk'uko ikinyamakuru People Magazine cyabitangaje, Tiger Woods w'imyaka 50 ari kwitabwaho n'abaganga mu gihugu cy'u Busuwisi aho amaze amezi atatu mu gahunda yihariye yo kwivuza no kwiyubaka nyuma y'impanuka yagize muri Werurwe 2026 n'ikirego cyo gutwara imodoka yanyoye ibisindisha.

Amakuru aturuka hafi y'uyu mukinnyi wa Golf avuga ko gahunda ye yo kwivuza iteganyijwe kurangira mu mpera za Kamena 2026, keretse habaye impinduka zitunguranye. Nubwo ari kure y'umuryango we, Tiger Woods aherutse gusubira muri Florida igihe gito kugira ngo abe hafi y'umukunzi we Vanessa Trump nyuma y'uko atangaje ko yasanzwemo kanseri y'ibere.

Abamwegereye bavuga ko Tiger Woods ari gukora ibishoboka byose kugira ngo agarure ubuzima bwe, nubwo ahanganye n'ibibazo byinshi icyarimwe birimo ububabare bw'umubiri, ibibazo by'amategeko ndetse n'impungenge ziterwa n'uburwayi bw'umukunzi we.

Amakuru yatangajwe na People Magazine avuga ko Tiger Woods na Vanessa Trump bakomeje kuvugana buri munsi ndetse bagaterana inkunga muri ibi bihe bikomeye. Ababazi neza bavuga ko umubano wabo warushijeho gukomera kubera ibibazo bombi bahuye na byo.

Nubwo atarakira neza, Tiger Woods ngo ntarava ku ntego ye yo kongera gukina Golf ku rwego rwo hejuru. Inshuti ze zivuga ko afite icyizere cyo kuzagaruka mu marushanwa igihe azaba amaze gukira neza no kongera kugira imbaraga zo guhatana.

Vanessa Trump na we akomeje kwitabwaho n'abaganga nyuma yo kubagwa mu rwego rwo kuvura kanseri y'ibere. Abamwegereye bavuga ko afite umutima ukomeye kandi ko yakomeje guhangana n'uburwayi bwe mu buryo bw'icyizere.

Inkuru ya Tiger Woods na Vanessa Trump ikomeje gukurikirwa n'abantu benshi ku Isi kuko yerekana uburyo ibyamamare na byo bishobora guhura n'ibigeragezo bikomeye by'ubuzima, ariko bikagerageza gukomeza urugendo rwabyo bifashishije urukundo n'inkunga by'ababikunda.

Tiger Woods na Vanessa Trump bari mu bihe bikomeye by'ubuzima


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...