Ni indirimbo ihumuriza abantu ibabwira ko n’ubwo
umuntu yahura n’ibigeragezo bitandukanye bidashobora kugira icyo bimutwara mu
gihe yizera Imana. Baterura bagira bati: “Wageragezwa ivumbi rigatumuka, warwara, wapfusha, wafungwa
ariko humura ntabwo bizaguhitana."
Theo Bosebabireba niwe wanditse iyi ndirimbo mu rwego rwo
kuzamura urubyiruko rushaka kuririmba.
Ati: “Impamvu namwemereye ni nk’uko
nakwemerera n’undi wese kuko njyewe umuntu wese wakenera kuririmbana nanjye
ashaka kuzamuka iyo nkunga nayitanga. Byaba ari ukwandika indirimbo, byaba ari
ukuba afite iyanditse nkayiririmbamo nta kibazo kandi mu njyana iyo ariyo yose
mba nifitiye icyizere ko nayigerageza."
Theo Bosebabireba yavuze ko nta kigoranye asaba uwifuza
ko bakorana indirimbo. Ati “N’uyu ni uko
byagenze, nta bindi bigoye namusabye kuko ni umurimo w’Imana, ni ugukomeza
gushyigikira urubyiruko rurimo kuririmba ni intego nihaye n’undi wese wabikenera
numva namufasha yaba usanzwe uririmba, yaba usanzwe ataririmba".
Yanavuze ko iyi ndirimbo yakoranye na Pierre Salomon utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, igamije gutanga ubutumwa ko uwizera Imana wese ashobora guhura n’ibigeragezo bikomeye, ariko ntacyo biba biteze kumutwara.
Nkavuga ngo warwara, wafungwa, wapfusha,
ibyago byose bikakugeraho kuko na Bibiliya iravuga ngo ibyago by’umukiranutsi
ni byinshi ariko Uwiteka amukiza muri byose. Hanyuma nkavuga ngo nta gucika intege
kuko gutabarwa kurahari."
REBA INDIRIMBO ICYIZERE YA THEO BOSEBABIREBA NA SALOMON PIERRE




Salomon Pierre yateye intambwe ikomeye mu muziki akorana indirimbo na Theo Bosebabireba
Theo Bosebabireba arangamiye guteza imbere impano nshya mu muziki
