The Silver Gala: Umuhangamideli "Icyacumi" yahize bagenzi be acyura Miliyoni 7 Frw mu gihe yari guhabwa Miliyoni 1 Frw

Imyidagaduro - 02/11/2025 11:41 AM
Share:

Umwanditsi:

The Silver Gala: Umuhangamideli "Icyacumi" yahize bagenzi be acyura Miliyoni 7 Frw mu gihe yari guhabwa Miliyoni 1 Frw

Byari ijoro ry’uburanga, impano n’ubwitange muri BK Arena, aho ibyamamare bitandukanye byari byateraniye mu birori bya The Silver Gala 2025. Muri iri joro ry’amateka, ryagaragaje ubuhanga bw’Abanyafurika mu myambaro no mu myidagaduro, umuhangamideli w’Umunyarwanda binyuze mu nzu ye y’imideli “Icyacumi”, yanditse izina rye mu mateka atsindira igihembo gikomeye ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba.

Uyu musore yahize abandi bahangamideli bakomeye mu karere, barimo Chris Couture wo mu Burundi, Chris Bae, Matheo Studio, Savara wo muri Kenya, Izuba, Odeleira, na Isano y’ibiremwa (Eracrone Brand), maze yegukana igihembo cy’umuhangamideli mwiza (Best in Fashion Designer).

Mu gihe abitabiriye bari mu byishimo by’umuziki, imideli ya ‘Icyacumi’ yigaragaje mu buryo budasanzwe. Yari ishyize imbere imico y’Afurika iri mu mwambaro uhanitse, ariko mu ishusho y’igihe cya none.

Buri gikorwa cye cyasabaga ijisho n’ubwenge. Iyo ‘moderi’ ye yageraga ku rubyiniro, abantu bahagurukaga, abandi bakagaragaza ibimenyetso by’uko hari igihangano cyavukiye imbere yabo.

Akanama Nkemurampaka kari kagizwe n’abantu bakomeye mu myidagaduro n’imideli ku rwego mpuzamahanga: Mutesi Jolly, wabaye Miss Rwanda 2016, Go Mozie, umujyanama w’ibyamamare ku isi uzwi mu ruhando rw’imideli mpuzamahanga, na Ifeanyi Nwune, umuhanga mu myambaro ukomoka muri Nigeria.

Aba bagize akanama bashimye uburyo Icyacumi yerekanye umurongo uhamye n’ubutumwa bwimbitse, bituma bamugenera intsinzi idashidikanywaho.

Igihembo cyari cyateganyijwe n’umuririmbyi mpuzamahanga Sherrie Silver, washyizeho iri rushanwa, cyari Miliyoni 1 Frw. Ariko byose byahindutse mu kanya gato ubwo umwe mu bagize Akanama Nkemurampaka yagaragazaga ko amafaranga yateganyijwe ari make ugereranyije n’urwego rw’abahatana.

Sherrie Silver ubwe yavuze uko byagenze. Ati “Uwo twakoranye yabajije amafaranga nateganyije, mubwira ko ari Miliyoni 1 Frw. Ariko yarambwiye ati ‘ayo ni make, nzayamwishyurira’. Ntabwo navuga amazina ye, ariko niwe watanze ayo madorali 5000 yo guhemba.”

Aya $5000, angana na 7,247,500 Frw, yahise ahabwa ‘Icyacumi’ nk’umuhangamideli watsinze, ibintu byatunguranye kandi byashimishije benshi bari aho.

Ku rubyiniro, ubwo yatangazwaga nk’uwatsinze, umuhanzi w’imideli wa Icyacumi 10 yagaragaje ibyishimo. Yashimiye Sherrie Silver n’abari bagize Akanama Nkemurampaka, avuga ko iyi ntsinzi itari iye wenyine, ahubwo ari iy’abanyamideli bose b’Abanyafurika bakomeje kurwana no kuzamura urwego rwabo.

Sherrie Silver, washyizeho iri rushanwa, yavuze ko yari agamije guteza imbere impano z’Abanyafurika zifite icyerekezo cyagutse.

Ibi birori bya The Silver Gala 2025 byabaye umwanya wo kugaragaza ko impano nyazo zifite ubushobozi bwo kurenga imbibi. Uyu muhangamideli w’Umunyarwanda yasize yanditse amateka— atari ku bwo gutsinda gusa, ahubwo no ku bwo kugaragaza ko ubuhanzi bushobora guhindura amateka y’ubuzima.

Umuhanzi w’imideli mwiza mu birori bya ‘The Silver Gala’ yabaye ‘Icyacumi’, ahembwa 5,000$

LEE YAHIZE ABANDI ABASORE MU GUSERUKA NEZA MU BIRORI 'THE SILVER GALA'

BUTERA KNOWLESS AKIVA KU RUBYINIRO TWAGANIRIYE ATUBWIRA UKO YIYUMVA

ROSS KANA YISHIMIWE BIKOMEYE MU NDIRIMBO NKA 'MOLELA' AHERUTSE GUSOHORA

ABANA BO MURI SHERRIE SILVER FOUNDATION BATANZE IBYISHIMO MU BIRORI BYIHARIYE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...