Ni amagambo yavugiye mu kiganiro
n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Kamena 2026, mu gihe we na
Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie bakomeje imyiteguro y’igitaramo cya
kabiri cy’uru ruzinduko kizabera kuri Sitade ya Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026.
Iki gitaramo kigiye kuba nyuma
y’icyabereye i Musanze, cyahuriyemo ibihangange bibiri bikunzwe cyane mu muziki
nyarwanda, ndetse kigakurikirwa n’impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga no mu
biganiro by’abakunzi b’umuziki, bamwe bavuga ko The Ben yigaragaje kurusha
Bruce Melodie, abandi bakavuga ko buri umwe yakoze ibyo abafana be bari
bamwitezeho.
Nubwo impaka zikomeje, The Ben asa
n’utifuza kuzivamo. Ahubwo akomeje kongera umuriro mu buryo busa n’ubwo
guhatana ariko buvanzemo gusabana no guterana urwenya hagati y’abahanzi bombi.
Mu magambo ye, yavuze ko igitaramo
cya Nyagatare kizaba gifite umwihariko kuri we kuko yumva ari nko gusubira aho
afite amateka n’abafana benshi bamukunda.
Yagize ati: “Nyagatare bizaba ari
ibidasanzwe cyane. Cyane cyane kuri njye bizaba bimeze nko kugaruka mu rugo,
kandi nizeye ko nzereka abafana banjye impano idasanzwe irimo muri Bruce
Melodie. Yego, baramwumva, ariko wenda ntibaramubona, ariko nzamubamurikira.
Kuko ni umuvandimwe wanjye muto witwa Bruce Melodie.”
Aya magambo yahise afatwa na benshi
nk’ubundi buryo bwo kwishongora no gukomeza gucumbikiriza abafana amatsiko
mbere y’igitaramo.
Hari abayahaye isura yo kwemeza ko
The Ben yiyumvamo ubushobozi bwo kuganza mugenzi we ku rubyiniro, mu gihe
abandi bayabonamo ubutumwa bwo gushimira no guha agaciro Bruce Melodie
nk’umuhanzi mugenzi we.
Icyakora, uko yaba asobanurwa kose,
ni amagambo agaragaza icyizere The Ben afite mbere yo kwerekeza i Nyagatare,
ndetse n’inyota yo gukomeza kwigarurira imitima y’abafana nyuma y’icyo avuga ko
ari intsinzi yavanye i Musanze.


Nyuma y’igitaramo cya Musanze, The Ben yumvikanye yikomanga mu gatuza avuga ko yarushije Bruce Melodie imbere y’abafana bari bitabiriye icyo gitaramo
