Abinyujije kuri Instagram Story ye, yashyizeho ubutumwa bugira buti "Canada Tour Loading...", bugaragaza ko hari ibitaramo biri gutegurwa muri Canada.
N'ubwo ataratangaza amatariki cyangwa imijyi azataramiramo, ubu butumwa bwahise butangira kuvugisha benshi mu bafana be, bategereje amakuru arambuye ku ruzinduko rwe.
The Ben aheruka gutaramira muri Canada muri Gashyantare 2025, aho yakoreye ibitaramo bitatu mu mijyi itandukanye. Nyuma yabyo yakomereje ibikorwa bye mu Bubiligi, Uganda no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yamenyekanishaga album ye "Plenty Love."
Uyu muhanzi kandi ategerejwe mu gitaramo gikomeye cya Comedy Store Mega Show kizabera i Kampala muri Uganda ku wa 30 Ukwakira 2026.
Muri icyo gitaramo azahuriramo n'umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, umunyarwenya Eric Omondi ndetse n'abahanzi bakomeye bo muri Uganda barimo Spice Diana, Winnie Nwagi, Lydia Jazmine na Fik Fameica.
Iki gitaramo cyari cyateganyijwe kuba muri Kamena 2026, ariko cyaje gusubikwa, nyuma cyimurirwa mu mpera z'Ukwakira.
Aya makuru aje akurikira ayo The Ben aherutse gutangaza yemeza ko ari mu myiteguro yo gushyira hanze indirimbo ye nshya yise "InshaAllah," iri mu mishinga ateganya gusohora mu gihe cya vuba.


The Ben agiye gukora ibitaramo muri Canada
