Mu
butumwa burebure yashyize kuri konti ye ya Instagram kuri uyu wa Gatatu tariki
6 Kanama 2025, The Ben yavuze uko inzozi ze zagiye zihinduka kuva akiri umwana,
uko yinjiye muri muzika atabiteguye, ndetse n’icyerekezo gishya atangiye
gutekerezaho.
Yagize
ati: “Nkiri muto, inzozi zanjye zahoraga zihinduka. Mfite imyaka 7 nakundaga
cyane umupira w’amaguru, nahoraga nifata nk’uzaba umukinnyi ukomeye. Mfite
imyaka 12, nari ndangamiye umurimo wo kuramya, nkaba umuyobozi w’indirimbo mu
rusengero rwa mama. Ariko uko nakuraga, ibintu byarahindutse.”
The
Ben yakomeje avuga ko ubwo yari mu mashuri yisumbuye, yahisemo kwiga amasomo ya
‘Biochemistry’ agendeye ku buhamya n’uruhare rwa Tom Close, inshuti ye ikomeye
yamushishikarije ubuvuzi. Gusa ngo Tom Close wamwinjije mu rukundo rwa siyansi
ni na we wamuhaye inzira igana ku muziki.
Ati
“Ntabwo ari njye wahisemo muzika… ahubwo muzika ni yo yanshakiye. Ni nk’uko
Imana yandikiye igice cy’ubuzima bwanjye n’iyo ntagisomaga.”
Uyu
muhanzi, ukunzwe cyane mu ndirimbo z’urukundo n’izifite ubutumwa
bw’indangagaciro, yemeza ko ibikorwa bye bihesha Imana icyubahiro. Ati
“Indirimbo zanjye zubaka urukundo, ziteza imbere imyitwarire myiza. Ndahamya
ntashidikanya ko mu maso y’Imana ntacyo nkora kibi.”
Ariko
mu minsi yashize, ngo yatangiye kumva ubutumwa burenze ubwo yari asanganywe,
yumva ko hari ikintu kinini Imana imuhamagariye, nubwo atarahita amenya neza
icyo ari cyo.
Avuga
ati “Nta bwo nzi neza icyo ntegerejweho gikurikira, ariko numva hari intego
irenze impano yanjye yo kuririmba. Hari ubutumwa burenzeho, kandi niteguye
kubwumva no kubusubiza.”
Mu
gusoza ubutumwa bwe, The Ben yashimiye abakunzi be kuba baramuherekeje mu bihe
byose by’amarangamutima, imihindagurikire, ndetse n’ibibazo:
Ati
“Murakoze ku rukundo rwanyu rudashira, no ku kuntuma numva nemerewe kuba njye
uko ndi, nubwo hari ibyo ntari ntunganyeho.”
Ubutumwa
bwa The Ben bugaragaza ko atari gusa umuririmbyi ushyira imbere impano ye, ahubwo
ari umuntu uri mu rugendo rwo kwiyumva birushijeho, gusobanukirwa icyo Imana
imushakaho, no gukoresha izina afite mu gutanga umusanzu ukomeye kurushaho.
The Ben yavuze ibi
biturutse ku mateka yandikiye muri Giants of Africa
Mu
bundi butumwa yatangaje, The Ben yashimangiye ko ikuzo ry’Imana ryongeye kumugaragaraho
nyuma yo gukora igitaramo kidasanzwe mu birori byaherekeje iserukiramuco rya ‘Giants
of Africa Festival’ byabereye kuri BK Arena ku wa Gatandatu tariki ya 2 Kanama
2025.
Mu
butumwa yanyujije kuri Instagram nyuma y’iki gitaramo, The Ben yavuze ko akiri
mu byishimo bidasanzwe yatewe n’urukundo yakiranywe n’abari muri BK Arena.
Yavuze
ati “’Weekend’ ya Giants of Africa yari indashyikirwa rwose. Ntizibagirana na
gato mu buzima bwanjye. Mwibuke ko nababwiye mbere y’igihe ko iki gitaramo
kigiye kuba ari cyo cyiza kurusha ibindi byose, kandi koko byarabaye.”
The
Ben asobanura ko ibyo ageraho mu muziki bishingiye ku rukundo n’icyizere
abafana bamwereka. Avuga ati “Buri gihe mumpa icyizere n’inkunga bidasanzwe,
mukanyereka urukundo rudafite aaho rungana, bikanyibutsa uko umuhanzi mushya
yiyumva igiye agiye gutangira kuzamuka. Ndabakundana n’umutima wanjye wose, nta
buryarya, nta kiguzi. Rwanda twikomereze."
Iki
gitaramo cyari igice cy’iminsi umunani y’ibikorwa bya Giants of Africa Festival
byabereye mu Rwanda ku nshuro ya mbere, aho byatumiwemo abahanzi bakomeye
barimo Kizz Daniel, Ayra Starr, Timaya na Sherrie Silver.
The
Ben, wari umwe mu bahanzi nyarwanda baririmbye kuri uwo munsi, yakoze igitaramo
cyihariye yakoranye n’itsinda ry’abantu 55. Ku rubyiniro, The Ben yari kumwe
n'ababyinnyi 30 bamufashije mu ndirimbo zose yaririmbye. Yari kumwe n'abandi
bari bagize korali 6 bamufashaga kunoza neza ijwi.
Uyu
muririmbyi yari kumwe kandi n'abasore bo mu Itorero Ishyaka ry'Intore 10
bamufashije kubyina gakondo muri zimwe mu ndirimbo ze. Yanakoranye kandi nka MC
Tino washyushyaga abafana, ndetse na Ingabire Grace wabaye Miss Rwanda 2021, wabyinnye
indirimbo ye 'Habibi'. Ubariye hamwe na 'Band' yamucurangiye, nibura yakoranye
n'abantu 55.
Mu
kiganiro yahaye InyaRwanda.com, The Ben yumvikanishije ko ibyakoze mu gitaramo
cya Giants of Africa, abicyesha kugirirwa neza n’Imana. Ati “Imana yongeye
yabikoze. Icyubahiro cy’Imana cyongeye kutugaragaraho. Icyubahiro cyose ni
icyayo.”
Uyu
muhanzi yongeye gushimira abafana be n’uruhare bagize mu gutuma yumva
nk’umuhanzi uri gutangira urugendo bushya, ndetse ababwira ko urukundo
bamweretse ari “rudashira, kandi rutagira imbibi.”
Igitaramo
The Ben yakoze cyari intambwe ikomeye ku muziki nyarwanda, kigaragaza ko
abahanzi bo mu Rwanda bashobora guhagarara hamwe n’ab’ibyamamare mpuzamahanga,
bagatanga ibitaramo by’icyubahiro kandi bikarenga imbibi.
Kuba
yakoranye n’abantu 55 ni ikimenyetso cy’uko umuziki we utegurwa mu buryo
bw’umwuga, kandi uha urubuga n’abandi bahanzi bato n’ababyinnyi kubona aho
berekana impano zab.
The Ben yumvikanishije ko afite ishimwe ku mutima nyuma yo kuririmba mu gitaramo cyasoje Giants of Africa
The Ben yavuze ko urukundo yakiranywe narwo rumuteye ishema bituma ashimira Imana
The Ben avuga ko urukundo yeretswe rutuma yishyira mu mwanya w’umuhanzi ukizamuka ariko ushyigikiwe
Miss Ingabire Grace yakoranye na The Ben mu ndirimbo ye yamamaye 'Habibi'
Tariki 1 Mutarama 2025, The Ben yataramanye na Tom Close mu gitaramo cye yamurikiyemo Album 'Plenty Love' muri BK Arena
KANDA HANO UREBE UKO THE BEN YITWAYE MU GITARAMO CYA GIANTS OF AFRICA