The Ben yinjiye mu rutonde rw’abanyarwanda bakoranye na Sat-B

Imyidagaduro - 11/09/2026 7:42 AM
Share:

Umwanditsi:

The Ben yinjiye mu rutonde rw’abanyarwanda bakoranye na Sat-B

Umuhanzi w’Umurundi Sat-B, umwe mu bafite izina rikomeye mu muziki w’u Burundi no mu karere, yatangaje ko ari gutegura indirimbo nshya yakoranye n’Umunyarwanda Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, nyuma y’imyaka mike ahuriye mu muziki na Meddy.

Sat-B amaze iminsi i Kigali, aho yaje afite intego yihariye yo gukorana indirimbo na The Ben. Uyu mushinga mushya urerekana uko imikoranire hagati y’abahanzi bo mu Rwanda n’u Burundi ikomeje kwaguka, cyane cyane ku bahanzi bamaze kubaka amazina akomeye muri aka karere.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Sat-B yavuze ko impamvu yatumye aza i Kigali ari ukugira ngo asohoze uyu mushinga yari amaze igihe yifuza. Ati: “Nifuzaga cyane gukora iyi ndirimbo, ku buryo byabaye ngombwa ko nza i Kigali kugira ngo tuyikorane.”

Uyu muhanzi yavuze ko nyuma yo gukorana indirimbo na The Ben, ari no guteganya kuyifatira amashusho mbere y’uko bombi batangaza igihe izasohokera. Ati: “Tugiye gufata amashusho y’iyi ndirimbo, hanyuma tuzemeza igihe izasohokera.”

Iyi ndirimbo nshya yakozwe mu buryo bw’amajwi na Made Beats, Producer umaze kumenyekana mu muziki nyarwanda, ndetse amashusho yagaragajwe na Sat-B yamaze kugaragaza ko aba bahanzi bombi bahuriye muri studio bayikorera.

Nubwo iyi ari inshuro ya mbere Sat-B akoranye indirimbo na The Ben, si ubwa mbere uyu muhanzi w’Umurundi ahuriye mu mushinga n’umuhanzi ukomoka mu Rwanda.

Mu bahanzi Sat-B amaze gukorana na bo harimo Meddy, bahuriye ku ndirimbo Beautiful, ndetse yanakoranye na Aime Bluestone n’itsinda Urban Boyz.

Ibyo bituma The Ben aba undi muhanzi ukomeye w’Umunyarwanda winjiye mu mateka y’imikoranire ya Sat-B n’abahanzi bo mu Rwanda.

Ku ruhande rwa The Ben, uyu mushinga na Sat-B ushyira undi murongo ku rugendo rwe rwo gukorana n’abahanzi bo mu karere ndetse n’abandi bo hanze y’u Rwanda.

Sat-B yari amaze iminsi mike i Kigali, aho yateguraga uyu mushinga mbere yo gusubira mu Burundi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Nzeri 2026, aho afite igitaramo.

Kuba yarakoresheje igice cy’urugendo rwe mu Rwanda mu gukorana na The Ben, bigaragaza ko iyi ndirimbo ari umushinga yari yarateguye, aho kuba imikoranire yabaye ku bw’impanuka.

Nyuma yo gufata amajwi, aba bahanzi barateganya no gufatira amashusho iyi ndirimbo, mbere y’uko batangaza ku mugaragaro igihe izashyirwa hanze.

Bizimana Aboubakar Karume, uzwi nka Sat-B, ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu Burundi. Azwi nk’umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo, umubyinnyi ndetse n’umushoramari mu muziki.

Yubatse izina cyane mu njyana zitandukanye zirimo R&B, Hip-Hop na Afrobeat, ndetse afite ibikorwa by’ubucuruzi n’imicungire y’abahanzi binyuze muri Empire Avenue, ikigo ashinzwe kuyobora.

Mu ndirimbo ze zagiye zamamara harimo Tel Aviv, Kirisese, Je Vais Bien na No Love, n’izindi.

Ubufatanye bwe na The Ben bushobora kuba bumwe mu mishinga ihuza amazina akomeye mu muziki w’u Rwanda n’u Burundi, cyane ko bombi bafite abakunzi benshi mu karere.

Kugeza ubu, aba bahanzi ntibarashyira hanze izina ry’iyi ndirimbo cyangwa ngo batangaze itariki nyirizina izasohokeraho, ariko mbere yo kuyigeza ku bakunzi b’umuziki, hateganyijwe gufatwa amashusho yayo.


Sat- B yemeje ko yamaze gukorana indirimbo na The Ben

Iyi ndirimbo ya Sat- B na The Ben yakozwe mu buryo bw'amajwi na Producer Made Beats

Sat-B ari kumwe na AGa Promoter wagize uruhare mu ikorwa ry'iyi ndirimbo yahuje aba bahanzi bakomeye mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba

The Ben agaragaza ubufatanye n'abahanzi bo mu bindi bihugu mu rwego rwo kwagura isoko rye ry'umuziki

Sat-B yavuze ko yashakaga gukorana indirimbo na The Ben nyuma y'iyo yahuriyemo na Medy

Umukundwa Joshua [Jidenah] washinze Kigali Protocol [Uri iburyo] ari kumwe na The Ben ndetse na Sat- B


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...