The Ben yibukije Bruce Melodie ibyo kwibagisha inda n’indabo yiriranwe ku kibuga cy’indege –VIDEO

Imyidagaduro - 27/12/2025 12:58 PM
Share:

Umwanditsi:

The Ben yibukije Bruce Melodie ibyo kwibagisha inda n’indabo yiriranwe ku kibuga cy’indege –VIDEO

Umuririmbyi Mugisha Benjamin wamenye nka The Ben mu muziki, yagaragaje ko yemeranya n’abavuga ko Bruce Melodie yibagishe inda, igikorwa byavuzwe ko yakoreye mu gihugu cya Nigeria mu ntangiriro za 2024.

Ibi yabigaragaje mu mashusho y’indirimbo “Indabyo Zanjye” yashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza 2025. Ni nyuma y’iminsi itegerejwe.

Kuva mu ntangiriro za 2024, Bruce Melodie yavuzweho kwibagisha inda, ariko yabyamaganiye kure nk’aho ntacyabaye.

Ubwo yajyaga i Lagos muri Nigeria mu bikorwa byo gufata amashusho y’indirimbo ’Sowe’, kuya 16 Gicurasi 2024, Bruce Melodie yasize avuze ati “Akanure kanjye ndi kugakoraho. Mungendaho mukagenda no kukanure nibikiye imbere, inda yanjye iracyariho. Niba naranayigabanyishije nta mukene ubikora, mbaye narakoze ibyo naba narageze ku rundi rwego. Hari imikino abakene badakina."

Amashusho y’iyi ndirimbo ‘Indabo Zanjye’, The Ben atangira yerekana umugabo witwa ‘Nyamabondo’ ari gukorerwa ibizwi nka ‘Plastic Surgery’, aho aba yagiye kugabanyisha inda; ibyavuzwe kuri Bruce Melodie kuva mu ntangiriro za 2024.

Muri iyi ndirimbo kandi, The Ben yasubije Bruce Melodie yahuranyije, kuko yanamwibukije uburyo yigeze kumara amasaha menshi ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, afite indabo mu ntoki ategereje kwakira Kizz Daniel.

Kiriya gihe hari muri Kanama 2022, ndetse icyo gihe byabaye inkuru yavuzwe cyane mu itangazamakuru kugeza ubwo Bruce Melodie yanditse kuri konti ye ya Instagram agira ati “Erega ntawabuza impala gucuranga. Niyo zaba zifite amawuwa.”

Muri iyi ndirimbo kandi, The Ben yagaragaje uburyo Bruce Melodie yamusanze ari gukina ‘Playstation’ ibyatumye badakorana indirimbo ya mbere.

Mu mashusho ariko ntabwo yifashishije Bruce Melodie, ahubwo yahisemo umugabo witwa ‘Nyamabondo’ wakinnye ubutumwa bw’ibyo yaririmbye.

Anagaragaza ko ‘Nyamabondo’ yagiye kumusura yambaye inkweto zicitse “Kinyusi” [Izina rihabwa Bruce Melodie] nyuma akamwoherereza inkweto nshya akazambara ubundi bakabona guhura.

The Ben asohoye iyi ndirimbo asubiza The Bruce Melodie, mu gihe uyu muhanzi mugenzi we nawe yasohoye indirimbo “Munyakazi”.

Ni indirimbo Bruce Melodie yibutsa The Ben ko indirimbo eshatu zose bagerageje gukorana zapfuye ubusa. Akamwibutsa ko iya mbere yapfuye mu iterura ubwo yamusangaga akina “Playstation” na Zizou Al Pacino.

Si ibyo gusa, kuko Bruce Melodie yanakoresheje umuntu ujya gusa na The Ben mu mashusho ye, aho agaragara amusunika.

Ubwo yegukanaga igikombe acyesha Album ye “Colorful Generation”, Bruce Melodie yabwiye itangazamakuru ko indirimbo ye ‘Munyakazi’ idahanganye n’indi, bityo ko ubutumwa The Ben yamugeneye mu ndirimbo ‘Indabo Zanjye’ yabubonye nk’abandi.

 

The Ben yibukije Bruce Melodie ibyabaye ku kibuga cy’indege n’inda n’indabo mu ndirimbo ye nshya “Indabyo Zanjye”, yagaragaje uko ibyabaye mu 2022 na 2023 byibutswa mu buryo bw’umwihariko

 

Indirimbo nshya ya The Ben isubiza Bruce Melodie. Yerekana "PlayStation", inkweto zicitse, n’amasaha yari amaze ategereje Kizz Daniel ku kibuga cy’indege

 

Ubutumwa bwa The Ben kuri Bruce Melodie bugaragaye mu ndirimbo, nubwo atamwifashishije mu mashusho, yibukije ibyahise mu buryo bwihariye, bituma abafana basubira mu mateka y’umuziki wabo

Ubwo muri 2022, Bruce Melodie yari ku kibuga cy'indege Mpuzamahanga cya Kigali ategereje kwakira Kizz Daniel- Aha yari kumwe n'abakobwa bo muri Kigali Protocol

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘INDABO ZANJYE’ YA BRUCE MELODIE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...