The Ben yemeranyije na Diamond, Jose Chameleone na Israel Mbonyi gusohora indirimbo bakoranye –VIDEO

Imyidagaduro - 15/06/2026 6:56 AM
Share:

Umwanditsi:

The Ben yemeranyije na Diamond, Jose Chameleone na Israel Mbonyi gusohora indirimbo bakoranye –VIDEO

Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben yatangaje ko yemeranyije n’abahanzi bakomeye barimo Diamond Platnumz wo muri Tanzania, Jose Chameleone wo muri Uganda ndetse na Israel Mbonyi wo mu Rwanda, ko indirimbo bakoranye zizasohoka muri uyu mwaka wa 2026 nyuma y’igihe kirekire abafana bazitegereje.

Ibi The Ben yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho yasobanuye aho imishinga y’izi ndirimbo eshatu igeze nyuma y’igihe kinini ivugwa ariko igakomeza gutinda kugera hanze.

Hashize imyaka irenga ibiri The Ben atangiye gutangaza ko afite indirimbo yakoranye na Diamond Platnumz ndetse n’iyo yakoranye na Israel Mbonyi, ibintu byateye abafana amatsiko menshi. Gusa n’ubwo byakomeje kuvugwa kenshi, nta n’imwe muri zo yari yari yasohoka kugeza ubu.

Muri iki kiganiro, The Ben yavuze ko ikibazo cyatumaga zimwe muri izi ndirimbo zitinda cyagiye gikemuka, ndetse agaragaza icyizere ko uyu mwaka uzarangira abafana bazumvise zose.

Ati: “Indirimbo yanjye na Diamond hari amahirwe y’uko igomba gusohoka muri uyu mwaka. Hari ibibazo byari byabayemo, ariko mbararitse ko indirimbo yanjye na Jose Chameleone izasohoka mbere y’iya Diamond, kandi ni indirimbo iteye ubwoba.”

Aya magambo agaragaza ko mu ndirimbo zose ategerejweho, iyo yakoranye na Jose Chameleone ishobora kuba ari yo ya mbere izagera hanze.

Ku birebana n’indirimbo yakoranye na Israel Mbonyi, The Ben yavuze ko na yo ikiri mu murongo wo gusohoka n’ubwo gahunda z’akazi zombi zikunze kubagora mu gihe cyo guhura no gukurikirana umushinga.

Ati: “Kuri Israel Mbonyi ndatekereza ko na yo izasohoka. Gusa urumva Israel Mbonyi turaburana cyane. Iyo anshatse arambura, namushaka nkamubura. Twembi turahuze cyane, ariko kubera ko ari inshuti yanjye magara, ndabizi ko igihe cya nyacyo kizagera indirimbo isohoke.”

The Ben na Israel Mbonyi basanzwe bafitanye ubucuti bukomeye, ibintu byatumye benshi bategereza n’amatsiko menshi kumva uburyo amajwi yabo yahurijwe mu ndirimbo imwe.

Mu gihe abafana bagitegereje izi ndirimbo, The Ben akomeje ibikorwa bitandukanye by’ibitaramo. Aherutse guhurira ku rubyiniro rumwe na Bruce Melodie mu gitaramo cya “Summer Country Tour” cyabereye mu Karere ka Musanze ku wa 13 Kamena 2026, ndetse bombi banategerejwe kongera guhura mu gitaramo kizabera i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026.

Naramuka asohoje iyi mishinga uko abyemeza, The Ben azaba agejeje ku bafana be indirimbo eshatu zitezwe cyane, zirimo izamuhuza n’abahanzi bafite amazina akomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse no mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

The Ben yemeje ko afite indirimbo yakoranye na Jose Chameleone kandi ko izasohoka mu gihe cya vuba


The Ben yavuze ko indirimbo ye na Diamond izasohoka mbere y’uyu mwaka 


The Ben avuga ko indirimbo ye na Israel Mbonyi yarangiye, hasigaye kwemeranya igihe cyo kuyisohora

The Ben avuga ko indirimbo yakoranye n’aba bahanzi batatu azitezeho gushyira itafari ku rugendo rwe rw’umuziki

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA THE BEN



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...