The Ben yatanze ibyishimo mu gitaramo cya Giants of Africa yakoranyemo na Miss Grace Ingabire -AMAFOTO

Imyidagaduro - 02/08/2025 7:32 PM
Share:

Umwanditsi:

The Ben yatanze ibyishimo mu gitaramo cya Giants of Africa yakoranyemo na Miss Grace Ingabire -AMAFOTO

Mugisha Benjamin wamamaye mu muziki ku izina rya The Ben, yongeye kugaragaza ubuhanga n’ishyaka mu muziki ubwo yataramiraga mu gitaramo cya Giants of Africa Festival cyabereye muri BK Arena ku wa 2 Kanama 2025, ahakoraniye ibihumbi by’abakunzi b’umuziki n’abashyigikiye impano z’urubyiruko.

Iki gitaramo cyabimburiwe n’itorero ribyina imbyino gakondo ryatangije igitaramo mu buryo buhebuje, ryaherekejwe n’amashusho agaragaza The Ben ari gukina Basketball, aganisha ku nsanganyamatsiko y’iri serukiramuco rihuza impano z’ubuhanzi n’imikino. Ibyo byasize abafana bari biteguye kwakira ibirori bidasanzwe.

The Ben yagaragaye ku rubyiniro ari kumwe n’umukobwa utuje, biherekejwe n’umucyo w’amatara atuje ndetse n’urusaku ruke rw’amajwi ya piano yatangiye gucuranga. Iri jwi ryatangiye kuririmbwamo indirimbo Habibi, imwe mu ndirimbo yakoze ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki gice cyaranzwe n’umwihariko kuko yaririmbaga acuranga, aherekejwe n’itsinda ry’abaririmbyi bitwaye nk’ikorali mu kumushyigikira.

Nyuma ya Habibi, The Ben yahise afata guitar acuranga Best Friend, indirimbo yakoranye na Bwiza. Aha yanyuze benshi mu buryo budasanzwe ashimangira ko ari umuhanzi w’umwuga uzi gucuranga no kuririmba icyarimwe. Yaboneyeho no gusubira mu ndirimbo Ngufite ku Mutima yakoranye na Bushali, aho yegereye ingoma atangira kuzicuranga ubwe, ari nako aririmba.

Ibirori byakomeje kugera ku yindi ntera ubwo yaririmbaga Plenty, indirimbo yitiriye album ye nshya yamuritse ku wa 1 Mutarama 2025. Yari aherekejwe n’itsinda ry’ababyinnyi benshi b’ingeri zinyuranye, bakomeje gukurura ibyishimo mu baraho.

Byarushijeho kuba iby’agatangaza ubwo yaririmbaga Ndi uw’i Kigali, afatanyije na MC Tino wamufashaga gususurutsa abitabiriye iki gitaramo. Ababyinnyi be barushijeho gutuma abari aho bifuza guhaguruka kuko bari bafite amabendera y’ibihugu bitandukanye, bikomeza kugaragaza ko iki gitaramo cyari icy’isi yose.

The Ben yanaririmbye Thank You yakoranye na Tom Close mu 2018, akurikizaho Ntacyadutanya yakoranye na Princess Priscilla, indirimbo zose zafashije abafana gutembera mu ncamake y’urugendo rw’umuziki we. Ntibyagarukiye aho kuko yanatunguye benshi ubwo yaririmbaga Why, indirimbo ye yamamaye cyane yakoranye na Diamond Platnumz wo muri Tanzania.

Ubusabane bwabaye bwinshi ubwo yageraga ku ndirimbo Am In Love ndetse na Forever, ayiririmba yeguriye umugore we Uwicyeza Pamella, ari nako MC Tino asaba abantu gucana amatara ya telefone zabo bagaherekeza iyi ndirimbo y’urukundo.

The Ben ntiyaretse indirimbo Folomiana yakoranye na Kevin Kade na Chriss Eazy, ayiririmba ari kumwe n’abakobwa bambaye amakanzu y’amabara atandukanye babyina mu buryo bwatunguye benshi. Yakomereje kuri Sikosa yahuriyemo na Element na Kevin Kade, ashimangira ko afite ububasha bwo guhuza injyana n’imbyino mu buryo bugezweho.

Mu gihe cy’iminota 20 yamaze ku rubyiniro, The Ben yagaragaje impano idasanzwe, ahuza ubuhanzi n’imyidagaduro y’imbonankubone mu buryo butari bwarigeze bubaho ku rubyiniro nyarwanda. Yari ubwa mbere mu mateka ye mu Rwanda, acuranga ibikoresho byinshi byo mu njyana zitandukanye, anakorana n’ababyinnyi benshi mu buryo bw’umwuga.

Umwe mu batunguye benshi ni Miss Grace Ingabire Bahati, wabaye Miss Rwanda mu 2021, wagaragaye ku rubyiniro afasha The Ben mu kubyina imwe mu ndirimbo ze. Uyu mukobwa, wize imyitozo ngororamubiri n’imbyino muri kaminuza, yagaragaje ubuhanga buhambaye mu kubyina, bikarushaho gutuma abantu benshi bamushimira.

Iki gitaramo cyasize amateka mashya mu rugendo rwa The Ben n’umuco wo gutegura ibitaramo bikomeye mu Rwanda. Yongeye gushimangira ko ari umwe mu bahanzi bafite impano n’ubunyamwuga bihanitse, kandi ko yiteguye gukomeza guhagararira u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga


The Ben yinjira ku rubyiniro mu buryo budasanzwe, aherekejwe n’umukobwa ndetse na piano ayicayeho aririmba “Habibi” 

The Ben ari gucuranga guitar, The Ben yinjije abafana mu ndirimbo “Best Friend” yakoranye na Bwiza 


The Ben asusurutsa abakunzi be n’ingoma mu ndirimbo “Ngufite ku Mutima” yakoranye na Bushali  


Indirimbo “Plenty” yitiriye album ye nshya yazamuye ibyishimo ku rubyiniro rwa BK Arena 


MC Tino n’ababyinnyi bazamuye amabendera y’ibihugu bitandukanye mu ndirimbo “Ndi uw’i Kigali”  


Aha aririmba “Forever” yatuye umugore we Pamella, anasaba abafana gucana amatara ya telephone


The Ben ari kumwe na Miss Grace Ingabire bahuriye ku rubyiniro basusurutsa abantu mu ndirimbo y’urukundo



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...