The Ben yasubije bwa mbere ku mwuka mubi wavuzwe mu rugo rwe na Pamella

Imyidagaduro - 15/08/2026 10:49 AM
Share:

Umwanditsi:

The Ben yasubije bwa mbere ku mwuka mubi wavuzwe mu rugo rwe na Pamella

Umuririmbyi Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, yagize icyo avuga ku makuru amaze iminsi avugwa ku mibanire ye n’umugore we Uwicyeza Pamella, avuga ko hari ibyo ahitamo “guca amazi” kuko abona nta gaciro bifite.


Mu byumweru bishize, abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kwibaza ibijyanye n’umubano wa The Ben n’umugore we, Uwicyeza Pamella. Amakuru atandukanye yakwirakwiye avuga ko hari umwuka mubi hagati yabo, ariko aba bombi ntibigeze batangaza ku mugaragaro ko bafite ikibazo mu rugo rwabo.

Ibi byatumye ibihuha bikomeza kwiyongera, buri wese agerageza gusobanura ibimenyetso yabonaga ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa bya buri munsi by’aba bombi.

Nubwo The Ben na Pamella bari bakomeje kwicecekera, ku ruhande rwe Pamella yaje kugira icyo avuga kuri ibyo biganiro, asaba abantu guhagarika kumuvugaho no kwinjira mu buzima bwite bw’urugo rwe.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Pamella yasabye abari bamwanditseho cyangwa bakamuvugaho mu nkuru zijyanye n’urugo rwe kubisiba mu gihe cy’amasaha 24, avuga ko bitabaye ibyo yari kwitabaza inzego zibishinzwe, zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.

Nyuma y’aho, hakomeje kuvugwa ko Pamella yaba yaragejeje kuri RIB ibirego cyangwa ibimenyetso bijyanye n’abantu bamwibasiye, nubwo amakuru arambuye kuri icyo kibazo atigeze atangazwa ku mugaragaro.

Muri ibi biganiro, hari abagiye bahuza ibihe bitandukanye byabaye mu buzima bw’aba bombi, bakabishingiraho bavuga ko bishobora kuba hari ikibazo mu mibanire yabo.

Muri byo harimo urugendo Pamella yagiriye muri Ghana, mu gihe The Ben yakiraga mu rugo Ashaton Hall ndetse na ‘Kagaragara’. Ibi bikorwa byahise bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, bamwe babihuza n’ibibazo by’umubano w’aba bombi.

Ariko kandi, kuba abantu babonye ibikorwa bitandukanye cyangwa bakagira ibyo bakuramo umwanzuro, ntibihagije kwemeza ko hari ikibazo kiri hagati y’abashakanye. Ni na yo mpamvu The Ben ubwe atigeze ahamya ko ibyo bivugwa ari ukuri.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kanama 2026, The Ben yabajijwe ku makuru amaze igihe avugwa ku rugo rwe.

Nubwo atatanze igisubizo kirambuye ku bijyanye n’umubano we na Pamella, amagambo ye yumvikanishije ko atari buri kintu kivugwa kuri we ahitamo kugisubiza cyangwa kugiha umwanya.

The Ben yavuze ko hari ibibazo cyangwa amagambo umuntu ashobora kubona akabifata nk’ibintu bidafite uburemere bukwiye gutuma abishyiramo imbaraga.

Ati: “Hari ibyo mfata nk’aho ntacyo bivuze mu by’ukuri, nabyo byari bikiri kuri icyo kigero. Hari ‘level’ biranga nkavuga nti noneho ngomba kubyitaho, nkamenya n’aho bituruka, nkamenya n’impamvu, hanyuma wenda nkaba nabigeze aho bigomba kugera.”

Yakomeje avuga ko ibyo amaze iminsi abona ku mbuga nkoranyambaga yabifashe nk’ibintu atagomba gutindaho.

Ati: “Ariko biriya nabibonaga nk’ibintu nkwiriye guca amazi bya hatari. Kandi nibaza ko njya mbasha guca amazi ibintu bidafite akamaro, nkavuga nti nabwo ndi bubitindeho. Rero mbasha kubinyuramo uko, nkakomera, nkajya imbere.”

“Guca amazi” si ukuvuga ko nta cyo abona

Mu mvugo ya The Ben, “guca amazi” ibintu ntiyavuze ko atamenya ibimuvugwaho cyangwa ko atabona ibiganiro bimwerekeyeho.

Ahubwo yumvikanishije ko hari umurongo ashyiraho hagati y’ibintu abona ko bikwiye kwitabwaho n’ibyo abona ko kubiha umwanya bishobora kuba ari ugutakaza igihe n’imbaraga.

Ibi kandi bijyanye n’uko ibyamamare bikunze guhura n’ibihuha ndetse n’ibitekerezo byinshi ku mbuga nkoranyambaga, aho ibikorwa bito cyangwa amakuru atuzuye bishobora kuvamo inkuru nini.

Ku ruhande rwa The Ben, ubutumwa bw’ingenzi bwagaragaye mu magambo ye ni uko atemera ko buri kintu kivugwa ku buzima bwe kigomba kumushyira mu mwanya wo kwisobanura.

The Ben na Pamella ni bamwe mu bantu bakomeye mu myidagaduro nyarwanda bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga. Kuva mu rukundo rwabo, kugeza ku bukwe bwabo, ibihe byinshi by’ubuzima bwabo bwagiye bikurura amatsiko y’abakunzi babo.


The Ben yavuze ko ibyavuzwe ku mibanire ye na Pamella ari ibintu yahisemo “guca amazi”, avuga ko atari buri kintu kivugwa kuri we agomba guha umwanya cyangwa kugisubiza


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...