The Ben yageze mu Bwongereza aho agiye gutaramira – AMAFOTO

Imyidagaduro - 29/08/2025 11:27 AM
Share:

Umwanditsi:

The Ben yageze mu Bwongereza aho agiye gutaramira – AMAFOTO

Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben yamaze kugera mu gihugu cy’u Bwongereza aho agiye gukorera ibitaramo bigamije kumenyekanisha album ye “Plenty Love” no guhura n’abafana be.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Kanama 2025, The Ben yageze mu Bwongereza nyuma yo gufata rutemikirere mu ijoro ryo ku wa Kane yerekeza muri iki gihugu aho agiye gukorera ibitaramo bigamije kumenyekanisha album ye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu ni bwo The Ben aza gutaramira muri Coventry ahitwa Silver St. Ni igitaramo cyihagazeho mu kucyinjiramo kuko kwinjira ari 84,500Frw ndetse ashobora kuza kwiyongera uyu munsi by'umwihariko ku baza kugura amatike ku muryango.

The Ben amaze iminsi azenguruka ibihugu byinshi by’iburayi akaba yaranaririmbye mu bihugu bitandukanye harimo nka Suede, aherutse kandi no muri Amerika ndetse afite n’ibindi bitaramo byinshi arimo ategura bigamije kumwegereza abafana be hirya no hino ku Isi ndetse no kumenyekanisha album ye.

The Ben yakiranywe urugwiro

THE BEN ARI KUBARIZWA MU BWONGEREZA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...