The Ben umaze amezi 6 nta ndirimbo asohora azaserukana iki mu Ntara aherukamo muri 2017? -VIDEO

Imyidagaduro - 06/06/2026 12:19 PM
Share:

Umwanditsi:

The Ben umaze amezi 6 nta ndirimbo asohora azaserukana iki mu Ntara aherukamo muri 2017? -VIDEO

Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, yatangaje ko nubwo amaze amezi atandatu atarashyira hanze indirimbo nshya ye bwite, afite ibyo ateganyiriza abafana bazitabira ibitaramo bya “Summer Country Tour” azahuriramo na Bruce Melodie, birimo n’indirimbo nshya azasohora mu cyumweru gitaha.

Ibi The Ben yabigarutseho ku wa Gatanu mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mbere y’itangira ry’ibi bitaramo bizenguruka Intara zitandukanye z’u Rwanda, aho yagaragaje ko yiteguye kongera guhura n’abafana bo hanze ya Kigali nyuma y’imyaka hafi icyenda atabataramira mu buryo bwagutse.

The Ben yavuze ko aheruka gukora ibitaramo byo mu Ntara mu mwaka wa 2017, ubwo yari kumwe na Meddy mu rugendo rw’ibitaramo byari byateguwe na Sosiyete ya Airtel Rwanda. Kuva icyo gihe, ibikorwa byinshi by’uyu muhanzi byibanze mu Mujyi wa Kigali no mu bitaramo byo hanze y’u Rwanda.

Nubwo hashize igihe kinini atagera ku rubyiniro rwo mu Ntara, yavuze ko agifite urwibutso rukomeye rw’uruhare rw’abafana bo hirya no hino mu gihugu mu rugendo rwe rwa muzika. Ati: “Buriya tujya gutangira, Intara ni zo zatugize abo turi bo.”

Yavuze ko by’umwihariko Umujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ari hamwe mu hantu yibukira nk’ahagize uruhare rukomeye mu kumenyekanisha umuziki we no kumwubakira izina rikomeye mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Kamena 2026, The Ben yanabajijwe ku kuba amaze amezi atandatu adashyira hanze indirimbo nshya, ibintu bamwe mu bakurikiranira hafi umuziki nyarwanda bavuga ko byatumye abafana be bamara igihe bategereje ibikorwa bishya.

Mu gusubiza, uyu muhanzi yavuze ko atari umwe mu bahanzi bakorera ku gitutu cyo guhora basohora indirimbo nyinshi, ahubwo ko ashyira imbere gutanga ibikorwa yumva bimunyuze kandi bifite ireme.

Yagize ati: “Ngira amahirwe nibaza ko abandi bahanzi benshi batagira cyangwa bazagenda bayagira. Ntabwo ndi umuhanzi ukorera ku gitutu, icyo ni kimwe. Icya kabiri, ndashaka kugira ngo mbwire Abanyarwanda muri rusange, atari aba The Ben gusa, ko mu cyumweru kiri imbere tuzasohora indirimbo yitwa ‘Inshallah’. Ni indirimbo nziza cyane, ndayibatuye.”

Aya magambo yahise ashimangira ko abafana bazitabira ibitaramo bya “Summer Country Tour” batazanyurwa gusa n’indirimbo ze zakunzwe mu bihe bitandukanye, ahubwo bazanabona uburyohe bw’ibihangano bishya ari gutegura.

The Ben yavuze ko indirimbo “Inshallah” iri mu zo azitwaza muri uru rugendo rw’ibitaramo ruzatangirira mu Karere ka Musanze ku wa 13 Kamena 2026, mbere yo gukomereza mu bindi bice by’Igihugu.

Nubwo uyu mwaka wa 2026 ugeze hagati, ibikorwa bya The Ben byagaragaye cyane mu bitaramo no mu mikoranire n’abahanzi batandukanye kurusha gusohora indirimbo nshya.

Kugeza ubu, indirimbo rukumbi amaze kugiraho uruhare kuva umwaka watangira ni iyo yakoranye na Gisubizo Ministry yitwa “Nabaye Umwe n'Imana”, yasohotse muri Mutarama 2026.

Icyakora, kuba agiye gusohora “Inshallah” mbere gato y’itangira rya “Summer Country Tour” bishobora kongera imbaraga muri uru rugendo rw’ibitaramo byinshi bitegerejwe n’abakunzi ba muzika nyarwanda, cyane cyane ko azaba ahatanye ku rubyiniro na Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bafite ibikorwa byinshi byakunzwe muri iki gihe.

The Ben yatangaje ko adakorera ku gitutu cyo gusohora indirimbo, avuga ko afite byinshi azaserukana mu gitaramo cye na The Ben

Umunyamakuru Jado Castar [Uri iburyo] wayoboye ikiganiro n’abanyamakuru “Press Conference” cyahuje The Ben na Bruce Melodie



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...