Mu gikorwa cyo gukusanya
inkunga yo kugura ibyuma bishya by’urusengero rwa ADEPR Seegem Rwampara, The
Ben afatanyije na Jimmy Muyumbu, usanzwe ari ‘Parrain’ we, biyemeje gutanga
Miliyoni 5 Frw kugira ngo bafashe iri torero kubona ibikoresho bishya bikenewe
mu murimo w’ivugabutumwa.
Amakuru InyaRwanda yamenye ni
uko iri torero riri mu gikorwa cyo gushaka asaga Miliyoni 80 Frw azifashishwa
mu kugura ibyuma bishya, nyuma y’uko ibyo risanzwe rikoresha bimaze igihe
kinini kandi bikaba byarashaje.
Muri uko gukusanya inkunga,
habonetse amafaranga arenga Miliyoni 50 Frw, arimo Miliyoni 5 Frw yatanzwe na
The Ben na Jimmy Muyumbu.
Ubwo yahabwaga ijambo, yavuze
ko umuryango we wageze mu Rwanda mu mwaka wa 1997, nyuma y’ibihe bikomeye
igihugu cyari kivuyemo. Yibukije ko bakigera mu Rwanda batuye i Gikondo, aho
yatangiriye gusengera muri ADEPR Gashyekero.
Mu ijwi ririmo
amarangamutima, yavuze ko igihe cyose ahabwa amahirwe yo kuba mu nzu y’Imana
yumva ari ubuntu budasanzwe.
Nyuma yaho, umuryango we waje
kwimukira ku Kicukiro, bituma akomereza urugendo rwe rwo kwizera muri ADEPR
Gatenga. Aho hose, nk’uko yabisobanuye, ni ho yubakiye umusingi w’ubuzima bwe
bwo mu mwuka mbere y’uko aba umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda no hanze
yarwo.
The Ben yavuze kandi ko
korali yagize uruhare runini mu rugendo rwe rw’ubuzima. Yagaragaje ko gukorera
muri korali bitamufashije gusa kwegera Imana, ahubwo byanamubereye ishuri
ryamufashije gukura mu muziki no kwiyubaka nk’umuhanzi.
Ati: “Nakundaga korali cyane.
Yaramfashije mu rugendo rwo kwiyubaka mu buryo bw’umwuka no mu rugendo
rw’umuziki.”
Mu kiganiro cye kandi,
yagarutse ku mubano afitanye na Jimmy Muyumbu n’umuryango wa Mama Teta na Papa
Teta, agaragaza ko ari abantu bafite uruhare rukomeye mu buzima bwe bwa buri
munsi.
Yavuze ko bakorana bya hafi
mu bikorwa by’ubucuruzi, ariko ko banamuba hafi mu rugendo rwo kwizera no
gusenga.
Muri uwo mwanya ni bwo
yatangaje ko Jimmy Muyumbu yiyemeje gutanga Miliyoni 2.5 Frw, na we agatanga
andi Miliyoni 2.5 Frw, amafaranga yose hamwe akaba Miliyoni 5 Frw azafasha mu
kugura ibyuma bishya by’urusengero.
Iki gikorwa cyabaye
nk’ubuhamya bw’uko n’ubwo imyaka ishira, hari indangagaciro n’imizi umuntu
adakwiye kwibagirwa.
Ku ruhande rwa The Ben,
byabaye umwanya wo kwibuka aho urugendo rwe rwatangiriye, aho yakuriye mu
kwizera ndetse n’abamubaye hafi mbere y’uko aba icyamamare.
Ni ubutumwa bwagaragaje ko
impano n’intsinzi bishobora kugera kure, ariko ko kwibuka aho umuntu yakuwe no
kugira uruhare mu kubaka aho yakuriye bikomeza kuba kimwe mu bimenyetso
by’ubumuntu n’ubudaheranwa.

The Ben yatangaje ko we na ‘Parrain’
we Jimmy Muyumbu bitanze Miliyoni 5 Frw yo kugura ibyuma by’urusengero
