Ibi
byatangajwe na Fireman, umwe mu bagize Tuff Gang, wavuze ko Album yabo nshya
yitwa “Umutwaro” yamaze kurangira kandi ko izaba iriho ibyamamare bitandukanye
birimo The Ben na Bruce Melodie.
Tuff
Gang ni rimwe mu matsinda y’abaraperi yagize uruhare rukomeye mu iterambere rya
Hip Hop nyarwanda.
Rigizwe
na Bull Dogg, Fireman, Green P, P-Fla ndetse na nyakwigendera Jay Polly. Nubwo
mu myaka yashize hagiye humvikana amakuru y’ukutumvikana hagati y’abarigize
ndetse bamwe bagakeka ko ryatandukanye, abagize iri tsinda bakomeje
gushimangira ko rigihari kandi ko ibikorwa byaryo bikomeje.
Mu
kiganiro Fireman yavuze ko Album yabo nshya ari umushinga udasanzwe kandi
uzatungura benshi.
Yakomeje
agaragaza ko abakunzi babo bafite byinshi byo gutegereza kuri iyi Album, ati:
“Navuga ko ari Album idasanzwe, mwebwe rwose mutigeze mwumva mbere. Mushonje
muhishiwe ni cyo nababwira.”
Iyi
Album ije mu gihe Tuff Gang yongeye kugarukwaho cyane nyuma y’igihe kinini
bamwe bibaza niba rikiri rimwe. Fireman yavuze ko nubwo buri wese akomeje
ibikorwa bye ku giti cye, ibyo bidakuraho ko Tuff Gang ikiriho
Agaruka
kuri Bull Dogg usigaye agaragara cyane mu bikorwa bya muzika kurusha abandi
bagize iri tsinda, Fireman yavuze ko ibyo akora ari ishema kuri bose.
Ati:
“Bull Dogg arakora cyane kandi ntewe ishema na we. Iyo Bull Dogg abikoze neza,
natwe tuba tubikoze neza. Tuff Gang si korali, Tuff si ikimina, Tuff si
itsinda.”
Mu
gusobanura amateka y’iri tsinda, Fireman yanagarutse ku kintu benshi batari
bazi. Yavuze ko mu ndirimbo zose Tuff Gang ryasohoye kuva ryashingwa, nta
ndirimbo n’imwe yigeze ihuriza hamwe abaraperi baryo bose uko ari batanu,
usibye imwe gusa yitwa “Inkongoro y’Umushimusi.”
Yagize
ati: “Buriya rero mu ndirimbo zose zabayeho za Tuff Gang nta ndirimbo n’imwe
twahuriyemo turi batanu. Nko mu ndirimbo ‘Amaganya’ P-Fla ntabwo arimo. Ariko
nibutse neza indirimbo ‘Inkongoro y’Umushimusi’ ni yo irimo twese uko turi
batanu.”
Album “Umutwaro” ya Tuff Gang itegerejweho byinshi, cyane cyane ko izaba irimo ijwi rya Jay Polly rikomeje gukumburwa n’abakunzi ba Hip Hop nyarwanda, ndetse ikazaba ihurije hamwe bamwe mu bahanzi bafite amazina akomeye mu gihugu barimo The Ben na Bruce Melodie. Ibyo ni bimwe mu bituma iyi Album iri mu mishinga y’umuziki itegerejwe cyane muri uyu mwaka.

Fireman yatangaje ko Bruce Melodie na The Ben bazumvikana kuri Album ‘Umutwaro’ ya Tuff Gang

Bruce Melodie na The Ben baherukaga guhurira kuri Album “25 Shades” ya Bwiza

Album ya Tuff Gang izumvikanaho ijwi rya Jay Polly, ndetse n'abandi bahanzi bakoranye
