The Ben na Bruce Melodie bagiye kwereka amahanga urwego umuziki nyarwanda ugezeho

Imyidagaduro - 27/08/2026 12:40 PM
Share:

Umwanditsi:

The Ben na Bruce Melodie bagiye kwereka amahanga urwego umuziki nyarwanda ugezeho

Bruce Melodie agiye kwerekana uko umuziki nyarwanda ufatwa mu Rwanda ndetse n’urwego umuziki nyarwanda ugezeho mu gihe The Ben agiye kuwuhagararira muri Uganda no kwerekana ko wamaze kwambuka imipaka nta gahunda yo gusubira inyuma.

Imyaka ibaye myinshi injyana ya Bongo Flava (ikomoka muri Tanzania) ariyo iyoboye izindi zose mu gukundwa, gucururizwa ku mbuga nkoranyambaga, no kuzuza ibitaramo byumwihariko muri Afurika y’Iburasirazuba.

N’ubwo uyu muziki wa Tanzania ariwo uri hejuru ugereranyije n’aho ibindi bihugu bihagaze, benshi mu bahanzi b’abanyarwanda barangamiye isoko mpuzamahanga kurusha isoko ry’imbere mu gihugu.

Mu mikoranire ya Bruce Melodie na Coach Gael, bifuzaga kugeza umuziki nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga ndetse babigerageje bakorana n’abandi bahanzi bakomeye bo mu bindi bihugu nka Kenya, Tanzania, Uganda, Nigeria…

The Ben nawe agaruka mu Rwanda, ntiyari aje gukora umuziki wo guhaza abanyarwanda gusa ahubwo yaje ashaka gukora cyane kugira ngo umuziki nyarwanda ugere ku ruhando mpuzamahanga.

Ibitaramo aba bahanzi bamaze iminsi bakora bya Summer Country Tour, byari bigamije kugaragaza urwego umuziki nyarwanda umaze kugeraho ariko cyane cyane barwereka abanyarwanda bo hirya no hino mu gihugu.

Kuri ubu, noneho aba bahanzi bagiye kwereka ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba urwego rw’umuziki nyarwanda kandi bishobora kugira icyo bihindura ku buryo abantu bafata umuziki nyarwanda n’ubwo uri gutera imbere cyane.

Kuri uyu wa gatandatu muri parking ya BK Arena, Bruce Melodie na Diamond Platnumz barahurira mu gitaramo “Diamond Xperience” aho itangazamakuru rishingiye ku myidagaduro ryo muri Afurika y’Iburasirazuba rigomba kuba rihanze amaso Kigali.

Uburyo abahanzi barangajwe imbere na Bruce Melodie bazitwara, urwego bazagaragaza ndetse n’uburyo abafana babo bazabagaragariza ibyishimo, bizagira uruhare rukomeye ku kubahwa k’umuziki nyarwanda.

Uretse Bruce Melodie uzahurira na Diamond ku rubyiniro, tariki ya 30 Ukwakira 2026 mu bitaramo bya Retro Tour byateguwe na Comedy Store Uganda iyoborwa n'umunyarwenya Alex Muhangi, The Ben nawe azahurira ku rubyiniro na Diamond Platnumz.

Aba bahanzi si ubwa mbere bagiye guhurira muri Uganda kuko baheruka gutaramira hamwe mu gitaramo cyabereye i Ntungamo (kuri Africa Coffee Park) ku wa 24 Gicurasi 2025, aho batanze ibyishimo ku bafana cyane cyane ubwo baririmbanaga indirimbo yabo "Why".

Impamvu aha The Ben atashyizweho inshingano zo kugaragaz urwego rw’umuziki nyarwanda no gukora cyane ngo awuheshe ishema, ni uko Dimaond Platnumz ariwe wari wamutumiye ngo baze kuririmbana.

Kuri iyi nshuro, biratandukany. Diamond yatumiwe nk’uko Diamond Platnumz yatumiwe byumvikane ko agomba gukora iyo bwabaga kugira ngo yerekane ko n’iyo Diamond ataboneka yakora ibitangaza kandi uko azitwara nibyo bizaba bigaragaza urwego rw’umuziki nyarwanda.

Impamvu yo kuvuga ko ibi bitaramo bibiri Diamond Platnumz azahuriramo na The Ben na Bruce Melodie bizagaragaza urwego rw’umuziki nyarwanda, ni uko Diamond agifatwa nk’umuhanzi wa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ikindi, abahanzi nyarwanda bamaze iminsi bakorana indirimbo n’abahanzi bo mu mahanga bityo benshi mu bakurikirana umuziki barifuza kubona uko banitwara ku rubyiniro n’uburyo izo ndirimbo bakora zikunzwe.

Kuri uyu wa gatandatu, Itangazamakuru ryo muri Tanzania rigomba kuba ryaherekeje umuhanzi wabo, itangazamakuru ryo mu Rwanda riryamye ku bahanzi b’abanyarwanda, itangazamakuru ryo muri Uganda riri gukurikiranira hafi ngo rimenye amakuru y’abahanzi bazataramirayo mu Ukwakira, muri Kenya barimo bareba urwego rw’umuziki nyarwanda umaze kwigarurira isoko ryabo ndetse n’abarundi bari kwiga no gukopera.

Mu ukwakira, nabwo bizaba bimeze uko kuko itangazamakuru ryo mu Rwanda rizaba ryakurikiye The Ben, Uganda barimo bavuga ibitangaza biri kuhabera, Tanzania baherekeje Diamond noneho Kenya barimo bareba uko umuziki nyarwanda uhagaze mu bindi bihugu.

Mu gihe aba bahanzi (The Ben na Bruce Melodie) bategerejwe mu bitaramo byp ku ruhando rwa Afurika y’Iburasirazuba bakwitwara neza, hari amanota menshi yakwiyongera ku muziki nyarwanda.

 

Mu Ukwakira, The Ben na Diamond Platnumz barahurira ku rubyiniro

Kuri uyu wa Gatandatu, Bruce Melody na Diamond barahurira ku rubyiniro



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...