The Ben, Bruce, Mbonyi na Element bashyirwa muri Grammy Awards? Ernesto wa Recording Academy yabivuye imuzi –VIDEO

Imyidagaduro - 14/01/2026 12:49 PM
Share:

Umwanditsi:

The Ben, Bruce, Mbonyi na Element bashyirwa muri Grammy Awards? Ernesto wa Recording Academy yabivuye imuzi –VIDEO

Ugeziwe Ernesto, uri mu banyamuryango ba Recording Academy, urwego mpuzamahanga rutegura kandi ruyobora itangwa ry’ibihembo bya Grammy Awards, yatangaje ko hari amahirwe menshi y’uko abahanzi nyarwanda barimo The Ben, Israel Mbonyi, Element, Bruce Melodie n’abandi bashobora guhatanira ibi bihembo bikomeye ku Isi, mu gihe baba bujuje ibisabwa.

Tariki ya 10 Nyakanga 2025 ni bwo byemejwe ku mugaragaro ko Ugeziwe Ernesto yemerewe kuba umunyamuryango wa Recording Academy, intambwe ikomeye mu rugendo rwe bwite ndetse no mu mateka y’umuziki nyarwanda muri rusange.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda Tv, Ernesto yavuze ko byamushimishije cyane kugera kuri uru rwego, agaragaza ko byari inzozi yari amaranye igihe kirekire.

Ati: "Byari inzozi nari maze igihe nshakisha uko nazigeraho. Kugera kuri uru rwego bisaba kuba wujuje ibisabwa byose no gushyigikirwa n’abandi banyamuryango basanzwe bari muri Recording Academy. Ndishimye cyane kuko byarangiye mbigezeho."

Recording Academy ifite inshingano zo gutoranya no gutora abahanzi n’ibihangano bihatanira Grammy Awards, binyuze mu matora y’abanyamuryango bayo. Kuba Ernesto ari umwe muri bo, bisobanuye ko agira uruhare mu byemezo bigira ingaruka ku rugendo rw’abahanzi ku rwego mpuzamahanga.

Ati: "Grammy Awards ni bimwe mu bihembo bikomeye ku Isi. Buri mwaka, abanyamuryango ba Recording Academy bagira uruhare mu gushyira ku rutonde abahanzi bahatana ndetse no gutora abazegukana ibihembo. Kuba ndi umwe muri bo ni amahirwe akomeye ku muziki nyarwanda, kuko uzabona ijwi n’umwanya wihariye."

Mu mwaka wa 2025, Recording Academy yakiriye abanyamuryango bashya basaga 3,600, barimo 2,600 bafite uburenganzira bwo gutora n’abandi 1,000 badafite ubwo burenganzira. Iki gikorwa kiba buri mwaka hagamijwe kongera ubwiganze bw’abagore, abirabura n’urubyiruko.

Ni iki gisabwa kugira ngo umuhanzi ahatane muri Grammy Awards?

Ernesto yasobanuye ko kugira ngo umuhanzi ahatane muri Grammy Awards, bisaba kuba yujuje ibisabwa byihariye, birimo no kugira umunyamuryango wa Recording Academy umutangira ubusabe.

Ati: "Icya mbere ni ukwiyemeza mu mutwe wawe ko ushaka kugera muri Grammy Awards. Iyo iyo ntego uyifite, no mu gihe uri muri ‘studio’ uba uri gukora wumva aho ushaka kugera."

Yavuze ko ibisabwa bijyanye no kohereza indirimbo cyangwa album muri Grammy Awards bizwi kandi biboneka ku mugaragaro, birimo kuba igihangano ari icy’umwimerere kandi cyarasohotse mu gihe cyemewe, hagati ya Kanama y’umwaka umwe na Kanama y’undi mwaka.

Ati: "Igihangano kigomba kuba kiri ku mbuga zizwi. Ikindi ni ukuba ufite umunyamuryango wa Recording Academy ugutangira ubusabe, cyangwa ukaba warakoranye na ‘studio’ zizwi zikorana na Grammy Awards, cyangwa se n’umuhanzi mukuru wigeze guhatana muri ibi bihembo."

Ernesto yashimangiye ko abahanzi nyarwanda bagezweho barimo The Ben, Bruce Melodie, Israel Mbonyi na Element bafite amahirwe yo guhatana muri Grammy Awards, ariko bagasabwa kwita ku bintu by’ingenzi birimo kugaragaza neza abagize uruhare mu bihangano byabo.

Ati: "Niba hari uwagufashije kwandika indirimbo, Producer wayikoze, bose bagomba kugaragazwa. Iki ni ikibazo gikomeye si mu Rwanda gusa, ahubwo no muri Afurika hose, aho usanga igihangano gisohotse hatagaragajwe abagize uruhare mu ikorwa ryacyo."

Yasobanuye ko iyo indirimbo imaze gushyirwa ku rutonde rw’abahatana, buri wese wayigizemo uruhare abarwa nk’uhataniye igihembo. Ati: "Niba waranditse ku ndirimbo cyangwa warayikoze nka Producer, uba uhataniye Grammy Awards. Ibyo byandikwa mu mateka yawe nk’umunyamwuga wagize uruhare ku gihangano cyahatanye."

Yongeyeho ko gukorana n’abantu bafite izina rikomeye muri Grammy Awards byongera amahirwe. Ati: "Niba wohereje album ugasanga mu bayikozeho harimo aba Producer bigeze guhatanira Grammy Awards, bituma icyo gihangano cyitabwaho cyane kurushaho."

Ku bwa Ugeziwe Ernesto, inzira irahari kandi irashoboka, ariko bisaba imyiteguro ihamye, ubumenyi, imikoranire mpuzamahanga no guhindura imikorere isanzwe mu muziki nyarwanda.

Ibyo umuhanzi asabwa kugira ngo ahatane muri Grammy Awards

Grammy Awards ni bimwe mu bihembo bikomeye ku rwego mpuzamahanga, bityo kwinjira mu bahatana bisaba ko umuhanzi yujuje ibisabwa byihariye bijyanye n’ubwiza bw’igihangano, imikorere yabwo n’uburyo cyashyizwe ku isoko.

Icya mbere, igihangano kigomba kuba ari icy’umwimerere. Indirimbo cyangwa album igomba kuba yarakozwe n’umuhanzi ku gitekerezo cye, itari kopi cyangwa isubirwamo itabifitiye uburenganzira. Ibi bifasha Recording Academy kugenzura ko igihangano gifite agaciro k’umwuga n’ihame ry’ubuhanzi.

Icya kabiri, igihe igihangano cyasohokeye ni ingenzi cyane. Indirimbo cyangwa album igomba kuba yarasohotse mu gihe cyemewe na Recording Academy, gikunze kuba hagati y’ukwezi kwa Kanama k’umwaka umwe na Kanama y’undi mwaka ukurikiraho. Ibi bisobanuye ko igihangano gisohotse hanze y’icyo gihe kitakirwa muri uwo mwaka w’ibihembo.

Ikindi cy’ingenzi ni uko igihangano kigomba kuba cyarashyizwe ku mbuga zizwi kandi zemewe. Indirimbo igomba kuba iri kuri “digital platforms” zizwi nka Spotify, Apple Music n’izindi zemewe, cyangwa se yarasohotse mu buryo bwemewe mu isoko ry’umuziki. Ibi bituma igihangano kiboneka ku rwego mpuzamahanga kandi kikagira aho gipimirwa.

Umuhanzi kandi ntiyohereza igihangano cye wenyine uko abyishakiye. Hagomba kuba hari umunyamuryango wa Recording Academy umutangira ubusabe (submission), cyangwa se akohereza igihangano cye abinyujije muri studio, label cyangwa abafatanyabikorwa basanzwe bafitanye imikoranire n’uru rwego. Ibi bifasha mu igenzura n’isuzuma ry’ibihangano byinjira mu irushanwa.

Ikindi kibazo gikomeye, cyane cyane ku bahanzi bo muri Afurika, ni kugaragaza neza abantu bose bagize uruhare mu ikorwa ry’indirimbo. Umwanditsi w’indirimbo, producer, umucuranzi, ‘engineer’ n’abandi bose bagomba kugaragazwa mu buryo bwemewe.

Iyo ibi bikozwe neza, buri wese wagize uruhare ku gihangano ubarwa nk’uhataniye igihembo mu gihe cyegukanye cyangwa cyinjiye mu mateka ya Grammy Awards.

Byongeye, imikoranire mpuzamahanga igira uruhare runini. Gukorana n’abahanzi, ‘producers’ cyangwa ‘studios’ zigeze guhatanira cyangwa kwegukana Grammy Awards byongera icyizere n’uburemere bw’igihangano mu maso ya Recording Academy, nubwo bitavuze ko ari itegeko.

Mu gusoza, kwiyemeza no gutekereza ku rwego mpuzamahanga ni intambwe ya mbere. Umuhanzi agomba gutangira afata umuziki we nk’umwuga w’isi yose, akamenya amategeko, akayubahiriza, akananoza imikorere ye kuva mu ikorwa ry’indirimbo kugeza ku kuyigeza ku bakunzi b’umuziki.  

Iyo ibyo byose byubahirijwe, guhatanira Grammy Awards biba bishoboka, kandi si inzozi zidashoboka ku bahanzi nyarwanda.

Ugeziwe Ernesto wa Recording Academy avuga ko guhatanira Grammy Awards bishoboka ku bahanzi nyarwanda, ariko bisaba kubanza kuzuza ibisabwa birimo igihangano cy’umwimerere n’imikorere yemewe


The Ben, Israel Mbonyi, Element na Bruce Melodie bashobora kugera muri Grammy Awards mu gihe bubahirije ibisabwa birimo igihe indirimbo yasohokeye n’abayigizemo uruhare

 

Umunyamuryango wa Recording Academy, Ugeziwe Ernesto, asobanura ko indirimbo zihatanira Grammy zigomba kuba zarasohotse mu gihe cyemewe kandi zikaboneka ku mbuga mpuzamahanga zizwi


Kugira umunyamuryango wa Recording Academy ugutangira ubusabe ni imwe mu ntambwe z’ingenzi zo kwinjira mu bahatanira Grammy Awards, nk’uko Ernesto washinze sosiyete y'umuziki ya 'Afro Hub Music' abisobanura

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA UGEZIWE ERNESTO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...