Uyu
muhanzi azasusurutsa abazitabira ibirori by’imyaka ine ya Gen-Z Comedy
biteganyijwe ku wa 13 Kanama 2026, bikazabera muri Kigali Conference and
Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, aho ibi bitaramo bisanzwe bibera.
Ni
ubwa mbere The Ben azaba ataramiye muri Gen-Z Comedy kuva iki gitaramo
cyatangira gutegurwa, ibintu byitezweho kongera uburyohe n’uburemere bw’ibi
birori bizaba byizihiza intambwe imaze guterwa mu guteza imbere urwenya
n’imyidagaduro mu Rwanda.
Amakuru
y’itabira rye yatangajwe mu ijoro ryo ku wa 23 Nyakanga 2026, nyuma y’uko
igitaramo gisanzwe cya Gen-Z Comedy kirangiye.
Mu
gihe abari bamaze gususurutswa n’abanyarwenya biteguraga gutaha, batunguwe no
kubona abategura iki gitaramo bazamuka ku rubyiniro batangaza ko The Ben ari we
uzaba umuhanzi mukuru mu gitaramo cyihariye cyo kwizihiza imyaka ine ya Gen-Z
Comedy.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Fally Merci utegura Gen-z Comedy, yavuze ko kwizihiza
imyaka ine y’iki gitaramo byasabaga gutegura ibirori bihariye, ari na yo mpamvu
bahisemo kwegera The Ben.
Yagize ati: "Mu gihe twateguraga kwizihiza imyaka ine ya Gen-Z Comedy, twifuzaga ko byaba ibirori bifite uburemere kandi bihesha agaciro urugendo twanyuzemo.
Twegereye The Ben tumusobanurira icyo dushaka gukora, na we abyakira neza
ndetse yemera kuza kwifatanya natwe. Kuba yemeye kuzaza ni iby'agaciro kuri twe
no ku bakunzi ba Gen-Z Comedy, kuko bizatuma ibi birori birushaho kuba amateka
meza mu rugendo rwacu."
Mu
myaka ine ishize, Gen-Z Comedy yagiye ihinduka kimwe mu bitaramo by’urwenya
bikurura abantu benshi, ihuriza hamwe abanyarwenya, abahanzi n’abakunzi
b’imyidagaduro mu ijoro rimwe. Ni urubuga rwafashije impano nyinshi
kumenyekana, ndetse rugira uruhare mu kuzamura urwego rw’urwenya nk’umwuga.
Kuzana
The Ben muri ibi birori ni ikimenyetso cy’uko abategura Gen-Z Comedy bakomeje
kwagura urwego rw’iki gitaramo, bakagihuza n’abahanzi bafite izina rikomeye
kugira ngo abakunzi bacyo babone imyidagaduro ihuza urwenya n’umuziki.
The
Ben ni umwe mu bahanzi bagejeje umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga. Izina
rye ryatangiye kwamamara cyane mu mpera za 2008, abikesha indirimbo zirimo
"Amahirwe Ya Nyuma", mbere yo gukomeza kwigarurira imitima y’abakunzi
b’umuziki binyuze mu bihangano nka "Habibi", "Vazi", ndetse
na "Why" yakoranye n’umunya-Tanzania Diamond Platnumz.
N’ubwo
yaje kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, urugendo rwe rwa muzika
ntirwahagaze. Ahubwo byamufunguriye amarembo yo gukomeza gukorana n’abahanzi
batandukanye no kugeza umuziki we ku rwego mpuzamahanga.
Kugeza
ubu, The Ben akomeje kuba umwe mu bahanzi bafite igikundiro gikomeye mu Rwanda
no hanze yarwo, aho ibitaramo akora bikomeje kwitabirwa ku bwinshi.
Ku
wa 13 Kanama 2026, abakunzi ba Gen-Z Comedy bazahurira muri Camp Kigali mu
ijoro ritegerejwe na benshi, aho bazasusurutswa n’urwenya rw’abanyarwenya
basanzwe bakunzwe ndetse bakanaririmbirwa na The Ben mu gitaramo kizaba ari
umwihariko wo kwizihiza imyaka ine Gen-Z Comedy imaze isusurutsa Abanyarwanda.


The
Ben azaririmba muri iki gitaramo cya Gen-z Comedy mu gihe anitegura gushyira hanze zimwe mu
ndirimbo ze
