Teyana Taylor yemeje ko ari mu rukundo rushya

Imyidagaduro - 09/06/2025 3:07 PM
Share:

Umwanditsi:

Teyana Taylor yemeje ko ari mu rukundo rushya

Umuririmbyi w’Umunyamerika akaba n’umunyamideli, Teyana Taylor, yemeje ku mugaragaro ko ari mu rukundo n’umukinnyi wa filime Aaron Pierre, nyuma y’igihe kigera ku mwaka abantu babivuga mu buryo budafitiwe gihamya.

Ku Cyumweru tariki 8 Kamena 2025, Teyana yashyize ifoto kuri konti ye ya Instagram agaragaza ibihe byihariye yagiranye na Aaron, amwifuriza isabukuru nziza ndetse anamushimira kuba ari umuntu w’ingenzi mu buzima bwe. Aya mafoto yari ay’igihe yamuteguriraga ibirori by’isabukuru ku buryo butunguranye.

Mu mashusho yagiye ahagaragara kuri murandasi, Teyana na Aaron bagaragaye basomana mu ruhame, ibintu byafashwe nk’ikimenyetso ntakuka cy’uko urukundo rwabo rwarenze amagambo. Yagize ati: “Ku myaka 30 y'intsinzi n'iyindi myinshi utangiye.”

Aaron Pierre, uzwi cyane muri filime yiswe Mufasa, yasubije agira ati: “Ubu no mu bihe bizaza, ndagushimiye Teyana.”

Urukundo rwabo rwashidikanywagaho cyane ubwo bagaragaraga kenshi bari kumwe mu birori bitandukanye, byatumye abakunzi babo bemeza ko hari ikindi cyibyihishe inyuma.

Teyana Taylor, w’imyaka 34 y’amavuko, yigeze gushyingiranwa n’umukinnyi wa Basketball, Iman Shumpert, ariko baza gutandukana mu mwaka wa 2024. Uyu mugore afite abana babiri.

Teyana Taylor yashyize akadomo ku bihuha byari bimaze iminsi bimuvugwaho ko yaba ari mu rukundo

Yatangaje ko afite umukunzi mushya nyuma y'igihe gito atandukanye na Iman wahoze ari umugabo we


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...