Tekno yagarutse i Kigali kuririmba mu birori by’imideli

Imyidagaduro - 31/07/2025 7:39 PM
Share:

Umwanditsi:

Tekno yagarutse i Kigali kuririmba mu birori by’imideli

Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Tekno Miles, yageze mu Rwanda aho ategerejwe kuririmba mu gitaramo gikomeye cy’umuziki n’imideli, kiba mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Nyakanga 2025.

Iki gitaramo kibera kuri Zaria Court, kirimo ibikorwa byo kwidagadura no kwerekana impano zitandukanye, kiri mu bikorwa bikomeye biherekeza Iserukiramuco rya Giants of Africa, ribera i Kigali.

Tekno, uzwi ku mazina nka Golden Boy of Africa, Slim Daddy cyangwa Augustine Miles Kelechi, yageze i Kigali avuye muri Nigeria, aho afite izina rikomeye mu muziki wa Afrobeat, Pop n’injyana zidasanzwe azwiho.

Mu bihe bitandukanye yataramiye mu Rwanda, ariko yari amaze igihe atahagera, aherutse mu bitaramo muri Afurika y’Epfo no mu Bwongereza.

InyaRwanda yabonye amakuru yizewe yemeza ko uyu mugabo wo muri Nigeria, aririmba muri ibi birori byiswe "Threads of Africa Fashion Show" ahuriramo n’abandi barimo Alyn Sano.

Mu masaha ane ashize, yafashe ifoto igaragaza inyubako zo muri Kigali, yemeza ko yamaze kugera mu Rwanda. Yaje mu ibanga rikomeye!

Tekno yavukiye muri Leta ya Bauchi ku itariki 17 Ukuboza 1992 (nubwo hari aho bivugwa ko ari mu 1990), mu muryango w’abana batandatu (abahungu batanu n’umukobwa umwe). Yakuze atembera mu duce dutandukanye twa Nigeria nka Nassarawa, Kaduna na Abuja bitewe n’akazi ka se wari umusirikare.

Afite inkomoko mu bwoko bw’Abigbo, ariko kubera urugendo rwe rw’ubuto n’uburyo yakuriye mu bice bitandukanye, ashobora kuvuga indimi nyinshi za Nigeria. Ku myaka umunani gusa, yari amaze koherezwa mu ishuri ryigisha umuziki, aho yamenyeye gucuranga gitari na piano.

Yatangiye umuziki nk’umuhanga mu kuririmba, gucuranga no kubyina. Yamenyekanye bwa mbere ubwo yasinyaga muri K-Money Entertainment, aho yasohoye indirimbo ye ya mbere Holiday, yakunzwe cyane.

Mu 2013, yahise asinya amasezerano akomeye muri Made Men Music Group ya Ubi Franklyn, ubwo yari amaze kugaragaza impano ye ku rubyiniro i Abuja, agafatwa na Julius Agwu, Iyanya n’abandi.

Indirimbo zamugize ikirangirire

Tekno yatangiye kwamamara ku rwego mpuzamahanga mu 2015 ubwo yasohoraga Duro, yaje no guhabwa igihembo cya Best Pop Extra Video mu Nigeria Music Video Awards. Yakurikiwe n’indirimbo Wash, Pana, GO, Jogodo, Agege (afatanije na Zlatan) n’izindi.

Mu 2016, yasohoye Album ye ya mbere Basstards, ikurikirwa n’izindi ndirimbo zakunzwe cyane ku mugabane wa Afurika no mu mahanga.

Tekno kandi ni umwanditsi w’indirimbo zikomeye zirimo If ya Davido, Won’t Be Late ya Swae Lee na Drake, Boss ya Ice Prince, n’izindi zakorewe abahanzi nka Flavour, Victoria Kimani na Brackets.

Aje mu birori bihuriza hamwe umuco, imideli n’umuziki

Tekno aje mu Rwanda mu gihe Giants of Africa Festival irimbanyije. Ni ubwa mbere aririmba mu gitaramo cy’imideli mu Rwanda, ariko benshi bemeza ko ari amahirwe akomeye ku rubyiruko rw’Abanyarwanda gukorana n’icyamamare cyubatse izina ku isi yose.

Iki gitaramo kije cyunganira ibindi bikorwa bizabera muri BK Arena n’ahandi hatandukanye, birimo imikino, ibiganiro nyunguranabitekerezo, amahugurwa n’indi mihango yo gutanga umusanzu w’uruhare rw’urubyiruko mu iterambere rya Afurika.

Ubuzima bwe bwite

Tekno afite umwana umwe n’umukunzi we Lola Rae, umunyamuziki w’umwongerezakazi w’inkomoko yo muri Ghana. Uyu muhanzi kandi ni mukuru wa Spotless, umuririmbyi uri mu nzu ya Starboy ya Wizkid.

Kugeza ubu, umutungo wa Tekno ubarwa kuri miliyoni ebyiri z’amadorali ya Amerika, akaba ari umwe mu bahanzi b’abanyafrika bagaragaje ubuhanga budasanzwe haba mu kuririmba no gutunganya umuziki.

 

Tekno yagaragaje ko yasesekaye i Kigali, aho aje kwerekana ubuhanga bwe mu gitaramo gikomeye cya Giants of Africa

 

Tekno amaze iminsi mu bitaramo mpuzamahanga bigamije kumenyekanisha Album ze 

Mu bihe bitandukaye, uyu mugabo yataramiye i Kigali atanga ibyishimo bisendereye

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘POWER BANK’ YA TEKNO



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...