Tekno avuga ko Fela atari we watangije Afrobeats

Imyidagaduro - 28/08/2026 9:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Tekno avuga ko Fela atari we watangije Afrobeats

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Augustine Miles Kelechi, uzwi nka Tekno, yavuze ko umuhanzi w’icyamamare Fela Anikulapo-Kuti atari we wenyine ukwiye guhabwa igikundiro nk’uwatangije injyana ya Afrobeats.

Tekno yabivuze mu kiganiro yagiranye na Hot 97 FM i New York, aho yasobanuye ko Afrobeats ifite inkomoko ku bahanzi benshi bo mu bice bitandukanye bya Nigeria. Ati: “Fela si we watangije Afrobeats.”

Yakomeje avuga ko abantu bo muri Lagos ndetse n’Abayoruba bashobora kubona Fela nk’uwatangije iyi njyana, ariko we nk’umuntu ukomoka mu Burasirazuba bwa Nigeria, asanga hari abandi bahanzi bakomeye bagize uruhare mu ishingwa ry’umuziki wa Afrobeats.

Yatanze urugero rwa Oliver De Coque, umuhanzi wamamaye cyane mu njyana ya Highlife, avuga ko na yo ifite uruhare mu muziki waje kuvamo Afrobeats.

Ati: “Nkomoka mu Burasirazuba, kandi twari dufite ibihangange nka Oliver De Coque. Yakoraga umuziki wa Highlife nyawo. Highlife na yo ni Afrobeats.”


Tekno yavuze ko Fela ari we wahabwaga cyane izina ry’uwatangije Afrobeats kubera ko yari afite amahirwe yo gutembera hirya no hino ku Isi, akajyana n’itsinda rye gukora ibitaramo mu bihugu bitandukanye.

Ati: “Fela ni we uhabwa icyubahiro cyose kuko yatemberaga kandi agakora ibitaramo hamwe n’itsinda rye hirya no hino ku Isi. Kuri bamwe ni we watangije Afrobeats, ariko kuri njye hari benshi babigizemo uruhare, harimo ibihangange bitavugwa cyane.”

Nubwo Tekno yavuze ko Fela atari we wenyine watangije Afrobeats, yemeye ko uyu muhanzi yamugizeho uruhare rukomeye mu muziki we. Yavuze ko Fela ari umwe mu bahanzi bamubereye isoko y’umwimerere, ndetse ko yamuhereyeho inspiration ubwo yakoraga indirimbo ye yise “Rara.”

Gusa Tekno yavuze ko ku giti cye, Oliver De Coque n’abandi bahanzi bo mu Burasirazuba bwa Nigeria ari bo bamufashije cyane zikomeye kurushaho.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...