Urukundo
rwabo rumaze igihe ruri mu itangazamakuru, kandi ugutangaza itariki y’ubukwe bwabo bishimangira intangiriro y'urugendo rwabo rushya.
Taylor
Swift ni umwe mu bahanzi bakomeye ku isi, mu gihe Travis Kelce ari umukinnyi
ukomeye wa NFL, bivuze ko ubu bukwe bushobora kuba igikorwa cy’itangazamakuru
gikomeye cyane muri 2026.
Bombi
bagaragara bishimye kandi biteguye gufata icyemezo gikomeye mu rugendo rwabo
rw’urukundo.
Taylor
Swift yagaragaje ko ari kwishimira gutegura ubukwe, nubwo akomeje kubika ibanga
ku bintu byose bijyanye n’imyiteguro y’ubukwe.
Mu
kiganiro yagiranye na Graham Norton muri Ukwakira 2025, yasubije ati:
“Uzabimenya vuba,” ubwo Norton yamubazaga niba umwaka utaha ari wo bazakoramo
ubukwe.
Taylor
yongeyeho ko azajya muri gahunda yo kwamamaza Album ye “Life of a Showgirl”
mbere yo gutangira byimbitse gutegura ubukwe, ariko ko ari ibyishimo bizatuma
gutegura byose bigenda neza.
Yasobanuye
ko ubukwe bushobora gutera guhangayika iyo abantu bacye babarirwa mu bashyitsi
kandi hakabaho kugena niba umuntu akwiriye kubahwa cyangwa atabikwiriye. Taylor
yavuze ko we atazabyitaho, byose bikazagenda neza kandi byishimishije.
Nk’uko
urubuga rwa Page Six rwabitangaje mu Ukuboza 2025, Taylor na Travis bazakorerwa
ubukwe muri Ocean House, Watch Hill, Rhode Island ku wa Gatandatu, tariki ya 13
Kamena 2026.
Hari
undi mugore wari warahisemo iriya tariki, ariko Taylor Swift yaje kumuha amafaranga
yatumye yemera kumuharira iriya tariki, aho bamwishyuriye ubukwe bwe bwose, n’amafaranga
azakoresha mu kwezi kwa buki ibizwi nka “honeymoon.”
Taylor
Swift ni umwe mu bahanzi bakomeye ku isi, wamenyekanye kubera indirimbo ze
zifite ubutumwa bwimbitse kandi zibumbatiye amarangamutima y’urukundo, ubuzima
n’inshuti.
Yatangiye
kumenyekana akiri muto, mu 2006, asohora Album ye ya mbere yitwa “Taylor
Swift”, ikaba yaragaragazaga impano ye idasanzwe mu ndirimbo za country.
Mu
myaka yakurikiyeho, Taylor yagiye yihinduranya mu njyana, ava kuri country ajya
kuri pop, ndetse akagera no ku njyana z’indirimbo zifite umudiho wihariye.
Zimwe
mu ndirimbo ze zizwi cyane harimo “Love Story,” “You Belong With Me,” “Shake It
Off,” na “Anti-Hero”, zatumye amenyekana ku rwego rw’isi yose.
Taylor
ni umwanditsi w’indirimbo w’indashyikirwa, akunda kwandika ibyawe mu buryo
buhambaye, bigatuma abakunzi be bumva ubutumwa bwihariye buri muri buri
ndirimbo.
Yabaye
n’umwe mu bahanzi bakuze mu guhanga Album zujuje impamyabumenyi, nka “1989,”
“Reputation,” “Lover,” “Folklore,” na “Midnights.”
Ku
bw’urugendo rwe rudasanzwe, Taylor Swift yegukanye ibihembo byinshi birimo
Grammy Awards, American Music Awards, na Billboard Music Awards, kandi akunzwe
cyane ku isi hose.
Urukundo
rwe ruri mu itangazamakuru n’ubukwe bwe na Travis Kelce rugaragaza ko Taylor
adashaka guhagarika ibyishimo bye, haba mu muziki no mu buzima bwite.
Taylor
Swift ni urugero rw’umuhanzi w’ubudasa, ugaragaza ko guhanga no gukurikira
inzozi bishoboka ku rwego rw’isi yose.

Taylor
Swift na Travis Kelce berekanye ko bateguye urugendo rushya rw’urukundo,
bagaragaza umunezero n’ishyaka mu gihe batangiye gutegura ubukwe bwabo bwa 13
Kamena 2026
Abakunzi
ba muzika n’umupira w’amaguru biteguye kubona igikorwa cy’amateka: Taylor Swift
na Travis Kelce bazakorera ubukwe muri Ocean House, Watch Hill, Rhode Island
