Tanzania igiye kwinjira mu mateka y’irushanwa
rya Miss World nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kwakira ku nshuro ya 74 iri
rushanwa rihuza abakobwa beza kandi bafite imishinga igamije guhindura
imibereho y’abantu hirya no hino ku Isi.
Ibi byemejwe ku mugaragaro ubwo umuhango wo
gusoza irushanwa rya Miss World wabereye i Nha Trang muri Vietnam, ku wa
Gatandatu, aho Tanzania yashyikirijwe ibendera ry’iri rushanwa, nk’ikimenyetso
cy’uko ari yo izakira ubutaha.
Umuhango wo guhererekanya ibendera washyize ku
mugaragaro Tanzania mu rugendo rwo gutegura Miss World Festival 2027,
biteganyijwe ko izabera muri iki gihugu muri Gicurasi 2027.
Ni intambwe ikomeye kuri Tanzania, kuko iri
rushanwa rizaba ribereye bwa mbere mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no muri
Afurika yo Hagati.
Mu muhango wo guhererekanya ibendera, Tanzania
yari ihagarariwe n’Umuyobozi wungirije muri Minisiteri y’Itangazamakuru, Umuco,
Ubuhanzi na Siporo, Hamis Mwinjuma, ndetse na Ambasaderi wa Tanzania mu
Bushinwa, Suleiman Haji Suleiman.
Aba bayobozi bahagarariye igihugu mu gihe
Tanzania yari itangiye kwakira inshingano nshya zo gutegura kimwe mu bikorwa
bikomeye by’ubwiza n’ubukerarugendo ku rwego mpuzamahanga.
Iri rushanwa rizazanira Tanzania amahirwe yo
kwerekana ubukerarugendo, umuco, ubuhanzi n’ubushobozi bw’iki gihugu cyo
kwakira ibikorwa mpuzamahanga bikomeye.
Guhererekanya ibendera rya Miss World byabaye
nyuma gato y’uko hamenyekanye umukobwa wegukanye ikamba rya Miss World 2026.
Ni Joheirry Mola wo muri Dominican Republic ni
we wegukanye ikamba rya Miss World ku nshuro ya 73, mu birori byabereye i Nha
Trang muri Vietnam.
Elisabeth Reynés wo muri Espagne yabaye
igisonga cya Mbere, ni mu gihe Taanusiya Chetty wo muri Malaysia yabaye
igisonga cya Kabiri.
Nyuma y’iri rushanwa, ibitekerezo byahise
byerekeza kuri Tanzania, igihugu kizakira iri rushanwa rikomeye ubutaha.
Nubwo Tanzania yari ifite indi nshingano yo
gutegura Miss World izakurikiraho, nayo yari ihagarariwe muri iri rushanwa
n’umukobwa witwa Latricia Sawe.
Latricia yabashije kugera mu bakobwa 40 (Top
40), avuye mu bakobwa 111 bari bitabiriye irushanwa.
Yabaye umwe mu bakobwa 10 bahagarariye Afurika
bageze muri iki cyiciro, bityo aba atanga isura nziza ya Tanzania muri iri
rushanwa ry’uyu mwaka.
Usibye kuba yaraserukiye Tanzania, Latricia
yagaragaje n’umushinga we witwa Nuru ya Elimu, ugamije guteza imbere uburezi
budaheza no gukangurira abantu kwita ku bana bafite ubumuga, cyane cyane
abafite ‘autism’.
Miss World imugaragaza nk’umunyamideli,
ambasaderi w’ibirango ndetse n’umuvugizi w’imishinga iharanira imibereho myiza
y’abantu.
Kwakira Miss World 2027 bizatuma Tanzania iba
igihugu cya kane muri Afurika kibashije kwakira iri rushanwa ku rwego rw’Isi.
Izaba ikurikiye Afurika y’Epfo, Seychelles na
Nigeria, byigeze kwakira Miss World.
Ibi kandi bizaba ari amateka yihariye kuko
Tanzania izaba igihugu cya mbere muri Afurika y’Iburasirazuba no muri Afurika
yo Hagati kizakira iri rushanwa.
Uretse umunsi wo gutanga ikamba, Miss World
Festival iba igizwe n’ibikorwa bitandukanye bihuza abakobwa bitabiriye
irushanwa, ibikorwa by’ubugiraneza, ubukerarugendo, umuco n’ibindi bikorwa
bigamije guteza imbere igihugu kiryakiriye.
Ku bwa Tanzania, ibi bikorwa biteganyijwe muri Nzeri 2027, mu gihe igihugu kizaba cyakira abahagarariye ibihugu
bitandukanye byo ku Isi.
Ubwo Tanzania yahabwaga uburenganzira bwo
kwakira Miss World, amasezerano hagati y’umuryango utegura iri rushanwa
n’abayobozi ba Tanzania yari yarasinywe muri Mata 2026.
Ubu rero igihugu gifite amezi ari imbere yo
gutegura iri rushanwa, mu gihe amaso y’abakurikira Miss World ku Isi azaba
yerekejwe muri Afurika y’Iburasirazuba.
Kuva muri Vietnam kugera Tanzania, ikamba rya
Miss World rigiye kwimukira ku mugabane w’Afurika, aho Tanzania yitegura
kwakira abari bahagarariye ibihugu bitandukanye no kwerekana isura yayo ku
ruhando mpuzamahanga.

Tanzania yabonye amahirwe yo kwakira irushanwa
rya Miss World mu 2027, nyuma yo guhabwa ibendera ry’iri rushanwa na Vietnam
yari imaze iminsi iryakiriye
Joheirry Mola aherutse kwambikwa ikamba rya
Nyampinga w’Isi asimbuye Opal Suchata
