Tanzania: Umugaba mukuru w'ingabo yihanangirije abari mu rugomo rukomeje mu gihugu

Hanze - 31/10/2025 1:43 PM
Share:

Umwanditsi:

Tanzania: Umugaba mukuru w'ingabo yihanangirije abari mu rugomo rukomeje mu gihugu

Mu ijambo ryatambutse kuri televiziyo y'igihugu, Jenerali Jacob John Mkunda, umugaba mukuru w'ingabo za Tanzania, yavuze ko 'amategeko agomba kubahirizwa' kandi ko abagize uruhare mu mvururu ziri muri iki gihugu bagomba kuzabibazwa.

Yongeyeho ko ingabo zirimo gukorana n'izindi nzego z'umutekano mu guhagarika izi mvururu, ndetse anasaba abari muri ibyo bikorwa guhita babihagarika.

Imyigaragambyo yakomeje kwiyongera mu mijyi minini hirya no hino muri Tanzania ubwo abashyigikiye abatavuga rumwe n'ubutegetsi bamaganaga ibyavuye mu matora ya Perezida n'inteko ishinga amategeko yo ku wa Gatatu bavuga ko ari ibinyoma.

Amagana y'abigaragambya barenze umupaka binjira mu gihugu cya Kenya, bafunga imihanda, bacana umuriro ndetse banasenya ibyapa bya Perezida Samia Suluhu Hassan biri mu mihanda hırya no hino. Polisi ya Kenya yatangaje ko abantu babiri ari bo bapfuye ubwo birukaga bahunga polisi ya Tanzaniya.

Abigaragambya bashinja guverinoma kuba yarabangamiye ubwisanzure, kuko umuyobozi mukuru w'abatavuga rumwe n'ubutegetsi ubu afunzwe ndetse undi akaba yarangiwe kwiyamamaza muri aya matora, ibintu byongereye amahirwe menshi yo gutsinda kuri Perezida Samia.

Uburakari bwiyongereye ku wa kane nyuma y'uko komisiyo y'igihugu y'amatora itangiye gutangaza ibyavuye mu matora, aho Samia yabonye hafi 95% by'amajwi mu ntara ya Mbeya iri mu majyepfo y'uburengerazuba.

Abashingamategeko b'umuryango w'ubumwe bw'Uburayi watangaje ko aya matora ari "Uburiganya" bwari bumaze amezi menshi bukorwa muri icyo gihugu. Umunsi w'amatora waranzwe n'imvururu hagati y'abashyigikiye abatavuga rumwe n'ubutegetsi ndetse na polisi.

Nyuma yaho, umuyobozi w'igisirikare cya Tanzania, Gen Jacob Mkunda, yashinje abo yise "abatifuriza igihugu ineza" no "kwangiriza imitungo ndetse no guhungabanya abantu" mu gihe cy'amatora.

Urusaku rw'imbunda rwumvikanye mu mujyi wa Mwanza uherereye mu Majyaruguru, mu gihe havugwa imvururu no mu murwa mukuru, Dodoma, n'umujyi mukuru Dar es Salaam, kuri ubu uri mu mutekano muke kandi imihanda minini yaho ikaba yarafunzwe.

Kenya yaburiye abaturage bayo kutivanga mu myigaragambyo ku mupaka wa Namanga, aho ubucuruzi muri ako gace bwari bwahagaze.Polisi ya Tanzaniya yarashe ibyuka biryana mu maso kugira ngo itatanye abigaragambya.

Ambasade ya Amerika muri Tanzania yatangaje ko umuhanda ugana ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Dar es Salaam uri mu nzira nyinshi zikomeye zakomeje gufungwa n'abigaragambya.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...