Tanzania: Abantu 16,000 bari bashyigikiye Diamond muri BET Awards bamwiyomoyeho kuko yari inshuti magara ya Pombe Magufuli

Inkuru zishyushye - 07/06/2021 3:06 PM
Share:

Umwanditsi:

Tanzania: Abantu 16,000 bari bashyigikiye Diamond muri BET Awards bamwiyomoyeho kuko yari inshuti magara ya Pombe Magufuli

Nyuma y'aho itsinda ry’abantu benshi bo muri Tanzania bari baratangiye igikorwa cy’ubukangurambaga bushyigikira umuhanzi Diamond Platnumz mu bihembo bya BET Awards 2021, ubu bahagaritse kumwamamaza.

Black Entertainment Television (BET), itegura ibihembo bikomeye ku isi bikitabirwa n’abahanzi b’ibyamamare mu bihugu bitandukanye, iherutse gutangaza ko Diamond Platnumz ari mu bahanzi bazitabira iri rushanwa aho azaba ahanganye n’abahanzi bakomeye muri Afurika barimo Burna Boy na Wizkid bombi bakomoka muri Nigeria.


Mu gihe BET Awards 2021 iteganijwe kuba tariki 27 Kamena 2021, muri Tanzania hari amakuru avuga ko itsinda ry’abantu benshi bafana Diamond bamaze kwemeza ko batamushyigikiye kuba yakwegukana iri rushanwa kubera kuba yari inshuti magara ya Perezida Pombe Magufuli uherutse kwitaba Imana abamushyikigiye (Diamond) bafata nk’uwari umunyagitugu.

Abari bashyigikiye Diamond kandi bakomeza batangaza ko Diamond ari inshuti magara ya Paul Makonda wahoze ari Guverineri wa Dar-es-Salaam bashinja guhohotera itsinda ry’abantu bagize LGBT (Abatinganyi) bityo ko ibi biri mu bibabaza agatsiko kari gashyigikiye Diamond Platnumz, ubu abagera ku bihumbi 16 (16,000) bamaze gushyira umukono ku mpapuro zerekana ko badashyigikiye uyu muhanzi nk’uko inkuru ya Nairobinews ibitangaza.


Inyandiko y’itsinda ryari rishyigikiye Diamond iragira iti “Diamond Platnumz ni umuhanzi uzwi cyane ku isi na Tanzaniya, ni inshuti magara ya Nyakwigendera John Magufuli wakoresheje icyamamare mu miyoborere ye y’igitugu gikabije. Diamond kandi ni inshuti magara akaba n’umufatanyabikorwa wa Paul Makonda wahoze wari Guverineri wa Dar-es-Salaam watoteje ku mugaragaro kandi akanakandamiza abaturage ba LGBTI (abatinganyi)".


Kuba kandi abayobozi ba Tanzania batandukanye batishimirwa na benshi bari gushyigikira Diamond, biri mu byatumye itsinda ryamukoreraga ubukangurambaga mu kumwamamaza hirya no hino kugira ngo abashe gutorwa muri BET Awards, ribihagarika ngo yirwarize.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...