Yaburanye
none ku wa 10 Nzeri 2026 ku rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro aho yaburanye avuga
ko yatangiye kunywa urumogi mu mwaka ushize ariko muri Mata uyu mwaka atangira
kugerageza kuruhagarika nyuma y’uko agiriwe inama n’umuvugizi wa RIB.
Mu
rugendo rwo kuruhagarika, yasobanuye ko yahuye n’imbogamizi z’uko Dj Lenzo
yajyaga aruzana mu rugo akaruhanywera bityo nawe agatima kakanga kwihanganira
uwo mwotsi akongera agasomaho.
Nyuma
y’igihe, ni bwo yaje gushwana na Dj Lenzo babanaga n’uko aramwirukana ariko
habanza kuzamo inzego z’ibanze kuko ubwumvikane bwa babiri bwari bwanze guhura
n’uko baha itariki Dj Lenzo agomba kuvira mu nzu akajya kwicumbikira.
Itariki
yo kugenda igeze, Taikuni avuga ko yabonye ko nta gahunda yo kugenda afite nuko
yikingirana mu cyumba atwika impapuro ngo amukange agende ariko Dj Lenzo
ahamagara inzego z’umutekano aho yacyekaga ko agiye kwiyahura yitwikiye mu nzu.
Ubwo
inzego z’umutekano zahageraga, zasanze Taikuni yikingiranye bamusaba gukingura
ariko babonye imyitwarire yari afite babona atari gusa, bamubwira ko agomba
kwambara amapingu bakamutwara ariko Taikuni aranga arinangira.
Nyuma
yo kwanga, ni bwo habaye imvururu bigera ubwo Taikuni azitura imbwa ngo ijye
kurya abo bashinzwe umutekano biza kurangira bahise bamutwara.
Mu
kumupima ibiyobyabwenge, basanze afite ikigero kiri hejuru ya 206 bituma aba
umwe mu byamamare byasanzwemo urugero ruri hejuru cyane rw’ibiyobyabwenge
by'umwihariko urumogi.
Nyuma
yo gusobanura uko byagenze, Taikuni yasabye ko yajyanwa muri Rehab
akitekerezaho kuko ibyaha acyekwaho nta kirengeje imyaka ibiri y’igihano.
