Tadej Pogacar yanditse amateka yo kwegukana Tour de France inshuro eshanu

Imikino - 26/07/2026 7:14 PM
Share:

Umwanditsi:

Tadej Pogacar yanditse amateka yo kwegukana Tour de France inshuro eshanu

Umunya Slovenia Tadej Pogacar ukinira UAE Emirates-XRG yegukanye irushanwa rya Tour de France 2026, aba umwe mu bakinnyi bake cyane bamaze kuryegukana inshuro eshanu, ahita anganya amateka yari asanzwe afitwe na Jacques Anquetil, Eddy Merckx, Bernard Hinault na Miguel Indurain.

Ni mu gace ka nyuma k'iri siganwa kasorejwe i Paris, kegukanywe n'Umuholandi Mathieu Van der Poel wa Alpecin-Premier Tech nyuma yo kwihagararaho mu birometero bya nyuma akarusha gato cyane itsinda ry'abasiganwa basoreje muri sprint.

‎Uyu rurangiranwa mu gutwara igare yafatanyije urugendo na Pogacar mu bice bya nyuma byari birimo kuzamuka ku muhanda wa Montmartre uzwiho amabuye (cobblestones), mbere yo gusiga mugenzi we ku murongo wa nyuma akegukana intsinzi ya kane mu mateka ye muri Tour de France ndetse n'iya kabiri muri uyu mwaka.

‎Sprint ya nyuma, Van der Poel yakurikiwe na mugenzi we Jasper Philipsen, mu gihe Mads Pedersen wari wambaye umwambaro w'icyatsi (Green Jersey) yasoje ku mwanya wa gatatu.

‎Nubwo Pogacar atabashije kwegukana agace ka nyuma, ni we wari umaze kwizera intsinzi rusange y'iri siganwa, bimuhesha kuba umukinnyi wa gatanu mu mateka wegukanye Tour de France inshuro eshanu.

Yanditse amateka afatwa nk'ayisumbuyeho nyuma y'uko Lance Armstrong yambuwe intsinzi ze zirindwi kubera ibyaha byo gukoresha imiti yongera imbaraga (doping).

‎Ku rutonde rusange, Pogacar yakurikiwe n'Umubiligi Remco Evenepoel wa Red Bull-Bora Hansgrohe, mu gihe mugenzi we bakinana muri UAE Emirates-XRG, Isaac Del Toro, yarangije ku mwanya wa gatatu.

‎Mu bindi byaranze iri siganwa, ni abafaransa babiri, Paul Seixas na Lenny Martinez, bombi basoje bari mu myanya itanu ya mbere, ibintu byari bibaye ku nshuro ya mbere kuva mu 2014 ndetse bikaba ari ubwa gatatu gusa bibaye muri iki kinyejana cya 21.

Aka gace ka nyuma kandi kari kagabanyijwe intera kubera inkongi z'umuriro zari zibasiye uturere twa Gironde na Landes mu Bufaransa, ibyatumye inzego z'umutekano zoherezwa guhangana n'iyo miriro.

‎Nubwo hari hageragejwe ibitero byinshi mu ntangiriro z'agace, kuzamuka kwa Montmartre kwatumye hasigara abarusha abandi imbaraga, ari na bo barimo Pogacar na Van der Poel berekanye urwego rwo hejuru mbere y'uko Umuholandi atsindira i Paris.

‎Tadej Pogacar yanditse amateka yo kwegukana Tour de France inshuro eshanu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...