Mu
gihe abari bakurikiranye iki gitaramo bari biteze umuziki n’imbyino zidasanzwe,
benshi batangajwe no kubona abageni nyabo binjira ku rubyiniro, bari kumwe
n’umupasiteri n’itsinda ry’abacuranzi.
ABC
News yemeje ko uwo mugabo n’umugore ari abashakanye nyabo, bari barasabye Bad
Bunny ko yazitabira ubukwe bwabo, ariko umuhanzi akabahindurira igitekerezo,
abemerera gukorera ubukwe bwabo ku rubyiniro rwa Super Bowl, mu gitaramo cye.
Abo
bageni bari bambaye imyenda y’umweru gusa, ihuje n’iy’abandi bari ku rubyiniro.
Nyuma y’amasengesho macye yavugiwe mu rurimi rw’Ikesipanyolo, abo bageni basomanye
bishimira uwo mwanya w’amateka, maze urubyiniro barwegurira Lady Gaga, waririmbye
indirimbo “Die with a Smile” mu njyana irimo umwimerere wa ‘Salsa’.
Iki
gitaramo cyose cyari cyubakiye ku kwishimira umuco wa Puerto Rico, aho Bad
Bunny yaririmbye indirimbo ze zakunzwe zirimo “Tití Me Preguntó”, “BAILE
INoLVIDABLE”, “Nuevayol”,” na “DtMF”, aho yasoreje ku bishashi by’umuriro (fireworks).
Uyu
muhanzi wegukanye ibihembo bya Grammy ntiyari wenyine ku rubyiniro, kuko
yafashijwe n’ibyamamare bikomeye birimo Ricky Martin, Cardi B, Lady Gaga,
Jessica Alba, Pedro Pascal na Alix Earle, ibintu byatumye iki gitaramo
kivugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga.
Iki
gitaramo cyafashwe nk’igihe cy’amateka ku muziki w’Ikesipanyolo, by’umwihariko
ku bahanzi bo muri Puerto Rico.
Bad
Bunny aherutse kwandika amateka muri Grammy Awards, aho album ye “Debí Tirar
Más Fotos” yabaye iya mbere iri mu rurimi rw’Ikesipanyolo yegukanye
igihembo cya Album of the Year.
Mu
ijambo yavuze ku rubyiniro rwa Super Bowl, Bad Bunny yatanze ubutumwa
bw’ubumwe, yagura igitekerezo cya “God bless America” akivuga ku migabane yose
ya Amerika, atangira muri Chile, Argentina kugeza muri Canada, agaragaza
amabendera y’ibihugu birenga 20 byo muri Amerika y’Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Yari
ahagaze iruhande rw’ibendera rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’irya Puerto
Rico, yerekana umupira wanditseho amagambo agira ati: “Together we are America”
(Twese hamwe turi Amerika).
Nubwo
iki gitaramo cyishimiwe cyane n’abafana, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, Donald Trump, yakinenza.
Trump
utitabiriye Super Bowl ahubwo wari mu birori byo kurebera hamwe muri Florida,
yavuze ko iki gitaramo ari “igisebo ku gihugu”.
Yanditse
ku rubuga rwe Truth Social ati “Nta n’umwe usobanukiwe amagambo aririmbwa n’uyu
muntu”, anenga n’imbyino avuga ko “ziteye ishozi”, cyane cyane ku bana barebye
iki gitaramo.
Si
ubwa mbere Trump anenga Bad Bunny, kuko yigeze no kuvuga ko ari “umuhanzi utari
ukwiye guhabwa Halftime Show”.
Ibi
binyuranye n’ibyo Bad Bunny aherutse gutangaza muri Grammy Awards, aho mu
kwakira igihembo cya Best Música Urbana Album, yavuze amagambo akomeye agira
ati: “ICE out!”, anenga ibikorwa bya Immigration and Customs Enforcement (ICE)
mu gufata abimukira.
Yongeyeho
ati: “Ntabwo turi ibisimba, si inyamaswa, si abanyamahanga. Turi abantu kandi
turi Abanyamerika.”
Nubwo
hari impaka n’abanenga, igitaramo cya Bad Bunny cyishimiwe cyane muri Puerto
Rico, muri California no hirya no hino ku isi, aho imbuga nkoranyambaga zuzuye
ubutumwa bushima ubuhanzi, ubutumwa n’umwimerere wihariye yagaragaje.
Nyuma
y’iki gitaramo, umukino warangiye Seattle Seahawks itsinze New England Patriots
amanota 29 kuri 13, begukana igikombe cya Super Bowl LX.


Umuhanzi w’icyamamare Bad Bunny ari ku rubyiniro ataramira imbaga y’abafana mu gitaramo cya Halftime Show cya Super Bowl LX, cyabaye ku wa 8 Gashyantare 2026, i Santa Clara muri California

Bad
Bunny ataramira imbaga y’abafana mu gitaramo cya Apple Music Super Bowl LX
Halftime Show, cyabereye ku wa 8 Gashyantare 2026 i Santa Clara muri California













