Sudani y’Epfo: Abaturage hafi miliyoni 8 bagiye guhura n'inzara ikabije mu mezi 4 ari imbere

Hanze - 29/04/2026 10:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Sudani y’Epfo: Abaturage hafi miliyoni 8 bagiye guhura n'inzara ikabije mu mezi 4 ari imbere

Imiryango mpuzamahanga itanga ubutabazi iravuga ko hakenewe igikorwa cyihutirwa kugira ngo hirindwe “ibyago bikomeye" by'inzara ikabije ishobora kwibasira abaturage hafoi miliyoni 8 muri Sudani y’Epfo.

Raporo nshya yasohowe n’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko abantu bagera kuri miliyoni 7.8, ni ukuvuga abarenga 56% by’abaturage b’icyo gihugu, bazahura n’inzara ikabije mu mezi ari imbere, bitewe n’intambara n’ukwimurwa kw’abaturage bikomeje kwiyongera.

Imiryango nka Food and Agriculture Organization (FAO), World Food Programme (WFP) na UNICEF irasaba amahanga gutabara vuba kugira ngo hirindwe icyo cyago gikomeye.

Raporo igaragaza ko umubare w’abana bafite hagati y’amezi 6 n’imyaka 5 bafite imirire mibi ikabije wiyongereyeho 100,000 mu mezi atandatu ashize, ukagera kuri miliyoni 2.2. Ikomeza ivuga ko abana bagera ku 700,000 bafite ibyago bikomeye byo gupfa bazize inzara.

Imirimo yo gutanga ubufasha bw’imirire mu gihugu yangiritse cyangwa ifungwa kubera imirwano ikomeje, bigatuma abarwayi n’abana batabona ubufasha bw’ibanze. Nanone kandi ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa n’inkunga idahagije cyongereye ubukana bw’iki kibazo.

Ibi bibazo bikomeye muri Sudani y’Epfo biterwa n’intambara zishingiye ku moko, imihindagurikire y’ibihe, ndetse n’ingaruka z’intambara yo muri Sudani ituranye na yo, nyuma yo gutandukana mu 2011.

Ubukungu bwayo nabwo buri mu bibazo bikomeye, kuko Sudani y’Epfo iri mu bihugu bikennye cyane ku isi.

Mu mezi ashize, hari impungenge ko igihugu gishobora gusubira mu ntambara ikomeye, nyuma y’imyaka irenga irindwi amasezerano y’amahoro yo mu 2018 ashyizweho, yari yarahagaritse imirwano yahitanye abantu bagera ku 400,000.

Imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Leta (South Sudan People’s Defence Forces) n’imitwe irwanya ubutegetsi yakomeje kwiyongera mu minsi ishize nk'uko bitangazwa na Aljazeera ducyesha iyi nkuru.

Ibi bibazo bikomoka ku mwuka mubi umaze igihe hagati ya Perezida Salva Kiir Mayardit na Visi Perezida Riek Machar wakuwe ku mirimo, ubu uri kuburanishwa i Juba ku byaha birimo ubwicanyi, ubugambanyi no guhungabanya uburenganzira bwa muntu, ibyo we ahakana.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...