Raporo
ya Spotify yiswe Francophonie 2026 Report yasohotse ku wa Kane, yagaragaje ko
indirimbo “Ma Meilleure Ennemie” Stromae yakoranye n’umuhanzikazi Pomme, iri mu
muziki wa filime y’uruhererekane Arcane, ari yo ndirimbo y’Igifaransa yumviswe
cyane ku Isi yose mu mwaka wa 2025, hatabariwemo ibihugu bikoresha Igifaransa
nk’ururimi gakondo.
Ni
intsinzi ikomeye kuri Stromae kuko atagarukiye ku mwanya wa mbere gusa, ahubwo
yaninjije izindi ndirimbo ebyiri mu icumi za mbere zikunzwe cyane ku Isi mu
ndirimbo z’Igifaransa. Indirimbo “Alors on danse (Radio Edit)” yaje ku mwanya
wa gatanu, mu gihe “Papaoutai” yaje ku mwanya wa cyenda.
Ibi
bivuze ko Stromae ari we muhanzi rukumbi ufite indirimbo eshatu mu rutonde rw’indirimbo
10 z’Igifaransa zakunzwe cyane ku rubuga rwa Spotify ku rwego mpuzamahanga,
ibintu bishimangira ubukaka bwe mu muziki umaze imyaka irenga 15 ukundwa
n’abatari bake.
Raporo
ya Spotify kandi yerekanye ko Stromae ari umwe mu bahanzi batanu bumviswe cyane
mu turere hafi ya twose two ku Isi Spotify ikoreramo, usibye muri Afurika
y’Epfo, Uburasirazuba bwo Hagati ndetse no muri Aziya.
Mu
zindi ndirimbo ziri muri uru rutonde harimo “Je te laisserai des mots” ya
Patrick Watson, “Dernière danse” ya Indila, “Vois sur ton chemin” ya Bennet,
“Est-ce que tu m’aimes ?” ya Gims, “Roi” ya Videoclub, Adèle Castillon na
Mattyeux, “Ninao” ya Gims ndetse na “Copines” ya Aya Nakamura.
Spotify
yagaragaje ko umuziki w’Igifaransa ukomeje kwamamara ku rwego rw’Isi ku buryo
mu myaka itanu ishize umubare w’abawumva wiyongereyeho 134%, mu gihe hagati ya
2024 na 2025 wongeye kuzamukaho 14%.
Iyi
raporo yanashimye uruhare rw’abahanzi bo muri Afurika bavuga Igifaransa mu
gukomeza kwamamaza umuziki wabo ku rwego mpuzamahanga. Mu bahanzi bagize
uruhare runini harimo Magic System, Himra, Tiken Jah Fakoly, Didi B na Toumani
Diabaté.
Ibihugu
bikomeje kumva cyane umuziki w’Igifaransa hanze y’ibikoresha uru rurimi ni u
Budage, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Buholandi, u Bwongereza na Espagne.
Gusa
ibihugu nk’u Buhinde, Misiri na Indonesia byagaragaje izamuka rikomeye cyane mu
kumva umuziki w’Igifaransa, aho u Buhinde bwazamutseho 882%, Misiri ikazamukaho
1.207% mu gihe Indonesia yazamutseho 559%.
Antoine
Monin, Umuyobozi wa Spotify mu Bufaransa, u Bubiligi na Luxembourg, yavuze ko
kwamamara kw’ibihangano by’Igifaransa ku Isi bitakiri ibintu byo kwibazaho.
Yagize
ati: “Umuntu umwe muri batandatu bakoresha Spotify ku Isi yumva ibihangano
by’Igifaransa kandi ataba mu gihugu gikoresha Igifaransa. Ibi ntabwo ari
icyerekezo cy’igihe gito, ahubwo ni impinduka ikomeye itigeze ibaho mbere.”
Iyi
ntsinzi ya Stromae ikomeje kwerekana uburyo uyu muhanzi ukomoka ku mubyeyi
w’Umunyarwanda akiri umwe mu banyabigwi bakomeye umuziki nyarwanda n’uwa
Afurika byishimira ku rwego mpuzamahanga, aho ibikorwa bye bikomeje kurenga
imbibi z’ururimi n’umuco bikagera ku bakunzi b’umuziki bo hirya no hino ku Isi.

Stromae yigaruriye urutonde rwa Spotify rw’indirimbo z’Igifaransa zikunzwe ku Isi
