Stamina
si umuhanzi usanzwe uririmba gusa, ahubwo anatunganya indirimbo (Producer),
ibintu avuga ko bimufasha kugena neza uko ubutumwa bwe bugera ku bantu mu buryo
abona ko bukwiye.
Yabwiye
InyaRwanda ko yahisemo kwinjira mu muziki ashingiye ku mugambi wo kugeza
ubutumwa bwiza ku rubyiruko, cyane cyane abakunda injyana zigezweho.
Uyu
muhanzi avuga ko yise injyana ye Afro Gospel, aho ahuza umudiho wa Afro ukunzwe
cyane muri iki gihe n’amagambo y’ivugabutumwa.
Asobanura
ko yabonye hari icyuho mu muziki w’ivugabutumwa ku bijyanye no kwegera
urubyiruko rukunze injyana z’ubu, bityo yiyemeza kuzana uburyo bushya bwo
kubegera.
Mu
magambo ye, Stamina yagize ati: “Ntekereza ko ubutumwa bwiza bw’Imana budakwiye
kuguma ahantu hamwe gusa. Bukwiye kugera hose, kandi kugira ngo bugere ku rubyiruko
rw’iki gihe, bisaba kubaganiriza mu rurimi rw’injyana bumva kandi bakunda. Iyo
ubutumwa buje mu buryo buboroheye, burushaho kwakirwa.”
Indirimbo
“Holy Father” ni igihamya cy’iyo ntego. Muri yo, Stamina agaragaza gushimira
Imana ku rukundo rwayo, kuyita Umubyeyi wera uhora hafi y’abamwiyambaza.
Iyi
ndirimbo ifite umudiho ugezweho, ushobora no gucurangwa mu myidagaduro
itandukanye, ariko ubutumwa bwayo bugakomeza kuba ubw’ivugabutumwa.
Stamina
avuga ko atifuza ko umuziki w’Imana ugarukira mu nsengero gusa, ahubwo ko
ushobora no kumvikana ahantu hose abantu bari, harimo n’ahari imyidagaduro. Ku bwe,
aho ari hose ubutumwa bwiza bushobora kugera, ni intsinzi ku murimo w’Imana.
Kuri
ubu, Stamina ari gukorera ibikorwa bye bya muzika muri ‘Label’ yitwa Regius
Groove Empire, iri kumufasha mu gutunganya no kumenyekanisha ibihangano bye.
Avuga
ko gushyira hanze “Holy Father” ari intangiriro y’urugendo rurerure ateganya
gukomeza, aho azagenda ashyira hanze izindi ndirimbo zizakomeza kubaka izina
rye muri Afro Gospel.
Uyu
muhanzi asaba abakunzi b’umuziki w’ivugabutumwa n’urubyiruko muri rusange
kwakira no gushyigikira igitekerezo cye, avuga ko intego ye atari ugukurikirana
ubwamamare gusa, ahubwo ari ugutanga ubutumwa bwubaka ubuzima bw’abantu.
“Holy Father” yamaze kujya ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki, aho Stamina yizeye ko izabera benshi isoko y’ihumure, ibyishimo n’ihumure rishingiye ku kwizera.

Stamina
yinjiye mu muziki w’ivugabutumwa ashyira hanze indirimbo ye ya mbere “Holy Father”
mu njyana ya Afro Gospel

Umuhanzi
Stamina yatangiranye imbaraga mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana
abinyujije mu ndirimbo “Holy Father”

“Holy Father” ni indirimbo ya mbere ya Stamina, igaragaza icyerekezo cye cyo kugeza ubutumwa bwiza ku rubyiruko mu njyana zigezweho

Stamina,
umuhanzi akaba na Producer, yatangije urugendo rwa Afro Gospel asohora “Holy
Father”

Stamina
uri gukorana na Regius Groove Empire yamuritse indirimbo ye ya mbere yise “Holy
Father”
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘HOLY FATHER’ YA STAMINA
