St Aloys y’i Rwamagana na Gisagara Volleyball Academy nizo zegukanye shampiyona y’abato ya Volleyball

Imikino - 02/03/2026 12:47 PM
Share:

Umwanditsi:

St Aloys y’i Rwamagana na Gisagara Volleyball Academy nizo zegukanye shampiyona y’abato ya Volleyball

St Aloys yo mu Karere ka Rwamagana na Gisagara Volleyball Academy yo mu Karere ka Gisagara zahize andi makipe muri shampiyona ya Volleyball mu bakiri bato mu byiciro by’abahungu n’abakobwa.

Ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2025, ni bwo hashyizwe akadomo ku marushanwa ya Rwanda Volleyball Junior League 2025-2026, irushanwa ngarukamwaka rihuza impano z’abato mu mukino wa Volleyball. Ni imikino yakinwe mu byiciro bibiri abahungu n’abakobwa.

Iyi mikino isoza shampiyona yabereye mu Mujyi wa Kigali muri Petit Stade i Remera aho amakipe yahize andi mu byiciro by’abahungu n’abakobwa yatahanye ibikombe.

Mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe ya St Aloys y’i Rwamagana yongeye kwerekana iki gikombe itsinda St Bernadette amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma. Iyi ntsinzi yayihesheje igikombe cya gatatu yikurikiranya.

Mu guhatanira umwanya wa gatatu, Lycee de Nyanza yitwaye neza itsinda St Joseph y’i Kabgayi, isoza irushanwa iri ku mwanya wa gatatu.

Mu cyiciro cy’abahungu, Gisagara Volleyball Academy ni yo yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Petit Seminaire Virgo Fidelis amaseti 3-1 ku mukino wa nyuma. Iyi ntsinzi yayihaye igikombe cya kabiri yikurikiranya, ikomeza gushimangira ko ari imwe mu nkingi za mwamba mu kuzamura impano z’abahungu mu mukino wa Volleyball.

Umwanya wa gatatu wegukanywe na Groupe Scolaire Officiel de Butare (GSO Butare) itsinze Nyanza TSS amaseti 3-2 mu mukino wari urimo ihangana rikomeye.

Junior League ni irushanwa risanzwe riba buri mwaka, ritegurwa ku bufatanye bw’ibigo by’amashuri hamwe na Federasiyo y’umukino wa Volleyball. Rifite intego yo kuvumbura no kurera impano zikiri nto, bityo rikaba urubuga rw’ingenzi rwo gutegura abakinnyi bazavamo inkingi za mwamba z’amakipe makuru mu myaka iri imbere.

Shampiyona ya 2025-2026 yatangiye mu mpera za 2024, yitabiriwe n’amakipe 19 yose hamwe, arimo 5 y’abakobwa na 14 y’abahungu. Uko amarushanwa yagenze, byagaragaye ko urwego rw’imikinire rwazamutse, ndetse n’ishyaka ryo guhatanira intsinzi rikaba ryari hejuru cyane.

Isozwa ry’iyi shampiyona risize isura nziza ku mukino wa volleyball mu Rwanda, cyane cyane mu cyiciro cy’abato bakomeje kugaragaza ko bafite impano n’inyota yo kugera kure.

Ikipe ya St Aloys yitwaye neza muri shampiyona y'abana mu mukino wa Volley Ball 

St Aloys ni yo yegukanye igikombe, itwara icya Gatatu yikurikiranya 

Gisagara VA yitwaye neza mu Bahungu 

Petit Seminaire Virgo Fidelis yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Gisagara

Gisagara Volleyball Academy ni yo yegukanye shampiyona mu bahungu 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...