Spyro wamamaye mu ndirimbo ‘Who is your Guy?’ yambitse impeta umukunzi we bahuriye mu kabyiniro -AMAFOTO

Imyidagaduro - 20/09/2025 11:26 AM
Share:

Umwanditsi:

Spyro wamamaye mu ndirimbo ‘Who is your Guy?’ yambitse impeta umukunzi we bahuriye mu kabyiniro -AMAFOTO

Umuhanzi w’Umunya-Nijeriya, Oludipe Oluwasanmi David uzwi cyane ku izina rya Spyro, yatangaje ko yambitse impeta y’urukundo umukunzi we witwa Njure bahuriye mu kabyiniro mu rucyerera.

Uyu muhanzi yashyize inkuru y’ibyishimo bye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025, agaragaza uburyo yabonye urukundo mu buryo butunguranye, ndetse agashimangira ko ari intangiriro y’urugendo rushya mu buzima bwe bwite.

Spyro yavuze ko urukundo rwe na Njure rwatangiye ku wa 30 Werurwe 2024 ubwo bahuriraga mu kabyiniro i Lagos, saa 2:48 za mu gitondo.

Yagize ati “Ku wa 30 Werurwe 2024 isi yanjye yahagaze ubwo nabonaga urukundo mu buryo ntari niteze saa 2:48 za mu gitondo. Nahuriye n’igisubizo cy’amasengesho yanjye Njure mu kabyiniro ka Lagos nari ndi mu kazi.”

Akomeza agira ati “Uhereye icyo gihe kugeza ubu, buri munsi nabaye umugabo wishimye. Urakoze kwemera kunyemerera kuba uwawe, mukundwa Njure. Ntegereje umunsi nzamara ubuzima bwanjye bwose ndi kumwe nawe.”

Spyro yatangiye kuririmba akiri muto mu rusengero, aza gukomeza umuziki nk’umwuga. Izina rye ryatangiye kumenyekana mu myaka yashize ariko ryazamutse cyane mu 2022 ubwo yasohoraga indirimbo “Who is your Guy”, yamuhesheje izina ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane ubwo yayikoranye ‘remix’ n’umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz.

Uretse iyi ndirimbo yamuhaye izina rikomeye, Spyro afite izindi ndirimbo zakunzwe nka: Billing (afatanije na Davido), Funke, For You, Amazing, ndetse na Only Fine Girl.

Spyro yihariye mu njyana ya Afrobeat na Afropop, asobanura ko urugendo rwe arugabanya hagati y’umurimo we ukomeye n’amahirwe yahawe n’Imana.

Kuri ubu, uretse kuba ari umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika, Spyro yinjiye no mu kindi gice cy’ubuzima bwe cyuzuye urukundo, aho yitegura kurushinga n’umukunzi we Njure, bemeje urukundo rwabo mu buryo bwemewe n’impeta yambitswe.


Spyro yambitse impeta umukunzi we bahuriye mu kabyiniro i Lagos, intangiriro y’urugendo rushya rw’urukundo rwabo


Impeta y’urukundo yabimburiwe na Spyro ku mukunzi we, bakaba batangiye igice gishya cy’ubuzima bwabo 


Urukundo rwatangiye mu kabyiniro rwatumye Spyro yambika impeta umukunzi we, ahamya ibyishimo bye

 

Spyro yamamaye cyane mu ndirimbo zirimo nka ‘Who is Your Guy’ zatumye akundwa cyane


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘WHO IS YOUR GUY’ YA SPYRO YAKORANYE NA TIWA SAVAGE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...