Spice Diana yavuze ko iyo ataba icyamamare aba amaze kubyara abana barenga icumi

Imyidagaduro - 24/06/2025 10:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Spice Diana yavuze ko iyo ataba icyamamare aba amaze kubyara abana barenga icumi

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda, Namukwaya Hajara Diana uzwi cyane nka Spice Diana, yagaragaje uko kuba icyamamare byagize uruhare mu gutinza urugendo rwo kubaka urugo no kwibaruka abana, avuga ko iyo atazamuka mu muziki hakiri kare, ubu yari kuba afite abana barenga icumi.

Mu kiganiro kirambuye cyagarutse ku buzima bwe bwite n’akazi akora, Spice Diana w'imyaka 28 y'amavuko, yavuze ko abantu bakomeje kumubaza impamvu atarabyara cyangwa igihe ateganya kubyara, ariko we abifata nk’ikibazo gishingiye ku myumvire isanzwe y’abantu ku buzima bw'ibyamamare.

Yagize ati: “Umuryango ni ikintu cyiza cyane. Iyo mba ntarabaye icyamamare nkiri muto, ubu nari kuba mfite abana barenga icumi.”

Uyu muhanzikazi wahoze ari umunyeshuri wa Kaminuza ya Makerere, yavuze ko kwamamara bigira ingaruka nyinshi ku buzima, aho bamwe mu byamamare usanga baragize ihungabana cyangwa bakishora mu biyobyabwenge bitewe n’igitutu cy’iyo si.

Yagize ati: “Ubuzima bw’icyamamare si bwiza buri gihe. Hari abarangiza ubuzima bwabo mu gahinda, bamwe bakishora mu biyobyabwenge. Ni yo mpamvu ari ngombwa ko umuntu aba afite abo yegamiye mu buzima, nk’umuryango cyangwa inshuti.”

Spice Diana yakomeje yibutsa ko ubwamamare atari cyo gisobanuro cy'ibyishimo bya byose, ati: “Ni ingenzi kwifasha mu gushaka abo mufitanye umubano ukomeye. Niba utabafite, ubuzima bushobora kukunanira. Iyo dususurutsa abantu, natwe tugomba kwitekerezaho.”

Spice Diana yavukiye mu muryango w’abana batatu. Yatangiye umuziki mu 2014 asohora indirimbo ye ya mbere yise Onsanula yakunzwe cyane. Yagiye akora izindi ndirimbo zakunzwe nka Anti Kale, I miss you, Buteke, Upendo, Ntuyo Zange, Mbikka, Doctor, Feeling Zange, Nze Wuwo, Bwereere n’izindi.

Uyu muhanzikazi ni umwe mu bakunzwe muri Uganda no mu karere, azwiho guhanga udushya ndetse no kugira uruhare mu guteza imbere abandi bahanzi.

Spice Diana yatangaje ko iyo ataza kuba icyamamare hakiri kare ubu aba amaze kubyara abana benshi

Yagaragaje ko rimwe na rimwe ubuzima bw'ubwamamare bubangamira ubuzima bwite bw'abahanzi

Yagaragaje ko ubwamamare atari cyo gisobanuro cy'ibyishimo kuko hari ababubamo bababaye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...