Sosiyete betPawa yashinzwe na Mr Eazi yafunguye ishami mu Rwanda

Kwamamaza - 31/05/2022 4:56 PM
Share:

Umwanditsi:

Sosiyete betPawa yashinzwe na Mr Eazi yafunguye ishami mu Rwanda

Sosiyete y’Imikino y’Amahirwe, betPawa, yashinzwe n’Umuhanzi Mr Eazi yafunguye ishami ku Gisimenti i Remera, riba irya mbere yagize ku butaka bw’u Rwanda.

Mu mpera za Weruwe 2022, ni bwo betPawa yinjiye ku isoko ry’u Rwanda nk’ishoramari rishya mu bijyanye n’imikino y’amahirwe no gutega.

betPawa ni ishoramari rya Oluwatosin Ajibade, Umunya-Nigeria uzwi mu muziki nka Mr Eazi.

U Rwanda rwabaye igihugu cya cyenda betPawa yinjiyemo, ni nyuma ya Cameroun, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ghana, Kenya, Nigeria, Tanzania, Uganda na Zambia.

Iyi sosiyete yashinzwe mu 2013, ifite intego yo gufasha abantu kwiteza imbere binyuze mu gutega amafaranga. Uyikinnye abona amahirwe yo gutega kuva ku ifaranga 1 Frw, ukaba wakubirwa kugera kuri 500% ku yo wateze.

Ukina ashobora guhitamo imikino itandatu, ku cyumweru agahitamo uko izarangira hanyuma akagira amahirwe yo gutsindira miliyoni 25,5 Frw.

Ukoresheje betPawa kandi aba afite amahirwe yo gutega ku mikino 49, buri minota itanu ku ifaranga rimwe. Serivisi z’iyo sosiyete zitangwa mu gihe cy’amasaha 24 buri cyumweru.

Ishami rishya rya Gisimenti ni amahirwe ku bantu bashaka gutega, bari muri aka gace k’abanyabirori. Rifungura buri munsi kuva saa Tanu z’igitondo kugeza saa Mbili z’ijoro.

Umuhuzabikorwa w’Ishami ry’Iyamamazabikorwa muri betPawa Rwanda, Fiona Munyana, yavuze ko abanyamahirwe basanzwe bahabwa ibihembo mu bindi bihugu umunani bya Afurika [isanzwe ikoreramo], ndetse bishimiye kubyegereza n’abaturarwanda.

Ati “Mu gihe utega unyuze kuri betpawa.rw cyangwa mu iduka ryacu muri Gisimenti, tuzakora ibishoboka byose ngo unogerwe na serivisi tuguha.’’

Ukinnye agatsinda ashobora guhitamo guhabwa ibihembo bye ako kanya mu buryo yifuza, cyangwa akaba yahabwa ubundi bufasha.

Yakomeje ati “Icyo dusaba ni ugushishoza mu gihe cyo gutega. Ushobora gutega amafaranga ushobora kubona, kandi ukirinda ko byangiza gahunda zawe za buri munsi.’’

Ishami rya BetPawa ku Gisimenti ryafunguwe ku wa 20 Gicurasi 2022, rishobora no kwifashishwa n’abantu batarafungura konti zabo kuri betpawa.rw.

Gutega kuri betPawa bikorwa binyuze ku rubuga rwa internet rwayo rwa betpawa.rw cyangwa kuri porogaramu yayo ya telefoni. Bikorwa n’abafite hejuru y’imyaka 18.

Kanda hano ubashe gutega hamwe na betPawa 

Sosiyete y’Imikino y’Amahirwe, betPawa, ya Mr Eazi wo muri Nigeria yafunguye ishami ku Gisimenti i Remera, riba irya mbere yagize ku butaka bw’u Rwanda 


Ishami rya Remera rifungura kuva saa tanu z'amanywa kugeza saa mbiri z'ijoro 

Ubwo yari mu Rwanda muri Gicurasi 2021, Mr Eazi yatangaje ko yifuza gushora imari mu bijyanye n’inganda ndangamuco, kugurisha amatike hifashishijwe ikoranabuhanga n’imikino.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...