Mu
yandi magambo, Sony Music Publishing yahise ibona uburenganzira bwo gucunga,
gukoresha no kwinjiza amafaranga ava ku ndirimbo zirenga 45,000 zirimo
iz’abahanzi bakomeye nka Beyoncé, Rihanna na Fleetwood Mac, haba ku mbuga (platforms)
zicururizwaho umuziki, muri filime, amatangazo yamamaza ndetse no mu bindi
bikorwa by’ubucuruzi.
Nubwo
impande zombi zitigeze zitangaza amafaranga nyakuri yaguzweho mu kugura ubu
burenganzira ku bihangano, Reuters yanditse ko amakuru yatangajwe n’umuntu uri
hafi y’aya masezerano yavuze ko afite agaciro ka Miliyari 4$.
Mu
myaka ishize, ibigo bikomeye by’umuziki n’ibicunga uburenganzira bw’indirimbo
bikomeje guhatanira gutunga uburenganzira bw’indirimbo zifite izina rikomeye,
bitewe n’uko amafaranga ava kuri ‘platforms’ zo kumviraho umuziki nka ‘streaming
services’ akomeje kwinjiza amafaranga afatika kandi adahindagurika cyane.
Ibi
kandi biri guterwa n’uko ibigo bikora filime ngufi, filime mbarankuru (documentaries),
filime z’uruhererekane (series) bikomeje gushaka indirimbo z’icyamamare zo
gukoresha mu bikorwa byabyo, mu rwego rwo gukurura abafatabuguzi benshi no
kongera agaciro k’ibyo bitambutsa.
Mu
bigo bikomeje kongera ishoramari muri uru rwego harimo Warner Music Group,
Spotify na Amazon Music, byose bikomeje gushora amafaranga menshi mu kugura no
gucunga kataloge z’indirimbo zikunzwe.
Aya
masezerano kandi yakozwe ku bufatanye hagati ya Sony Music Group n’ikigega
cy’ishoramari cya Singapore kizwi nka GIC, aho aba bombi batangaje mbere uyu
mwaka ko bagiye gufatanya gushora imari mu kugura no guteza imbere
uburenganzira bw’indirimbo zikomeye ku Isi hose no mu njyana zitandukanye.

Ikigo
Sony Music Publishing cyaguze uburenganzira bwo gucuruza no kwinjiza amafaranga
ava ku ndirimbo zirenga 45,000 zirimo iz’abahanzi bakomeye nka Beyoncé, Rihanna
na Fleetwood Mac
