Soleil wo muri Bamenya yavuze uburyo Cynthia Rothrock yamubereye imvano yo kwinjira muri Karate –VIDEO

Imyidagaduro - 24/09/2025 1:02 PM
Share:

Umwanditsi:

Soleil wo muri Bamenya yavuze uburyo Cynthia Rothrock yamubereye imvano yo kwinjira muri Karate –VIDEO

Uwase Delphine, wamamaye nka ‘Soleil’ binyuze muri filime ‘Bamenya’, yatangaje ko umukinnyi w’icyamamare wo muri Amerika, Cynthia Rothrock, ari we wamushishikarije cyane gukunda no kwinjira mu mukino wa Karate.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda Tv, Soleil yasobanuye ko kwinjira muri uyu mukino, byashingiye cyane kuri filime Cynthia Rothrock yagiye akinamo mu bihe bitandukanye, akanyurwa n’imikinire ye, n’uburyo agaragaza ubuhanga mu mukino wa Karate.

Ati: "Kugira ngo nisange mu mukino wa Karate nakuze nkunda filime nkunda kureba umukinnyi witwa Cynthia Rothrock w'umunyamerikakazi. Yari umuhanga cyane muri filime ze nagiye ndeba, ariko mu kureba filime nakundaga filime zo muri Amerika, sinzi impamvu nakundaga filime z'imirwano, ariko uwatumye njya muri Karate ni Cynthia Rothrock."

Soleil yongeyeho ko kwinjira muri Karate byamufashije kugira ‘discipline’ no kumenya gukoresha imbaraga neza.

Yagize ati: "Kwinjira muri Karate ni imwe mu mpamvu nziza zatumye ngira 'discipline', kuko hari igihe muri karitsiye habagaho kumva imbaraga, ugasanga umuhungu yaba unduta, cyangwa se uwo nduta, nakubise nashyize hariya, ariko nkimara kujya muri Karate, za mbaraga nakoreshaga numva ko nkubita abantu bo muri Karitsiye zahindutse ubusa, njya ku murongo, niga ko kurwana umuntu arwana yitabara, bibaye ngombwa, atarwana kubera ko afite ibyo azi."

Uwase ‘Soleil’ yavuze ko gukunda Karate byamwigishije kudacika intege no guharanira gukora neza ibyo akora. Ati: “Cya kintu nakunze, si ngomba kukivamo nagikoze neza ijana ku ijana. Ntabwo nkunda kuba uwa nyuma mu kintu nagiyemo."

Yavuze kandi ko nyuma yo kwinjira muri uyu mukino, benshi mu bakobwa batangiye kuwukunda, ndetse hari ababyeyi batangiye kohereza abana babo mu ishuri ry’amahugurwa ya Karate ryashinzwe na Soleil rifite izina rya ‘Kigali Elites Sports Academy’.

Yakomeje avuga ko gushinga iri shuri hamwe na Nkurunziza byari bigamije gutanga ahantu heza ho gukiniramo Karate, gufasha urubyiruko gususuruka no kwirinda ingeso mbi.

Cynthia Rothrock, nk’uko bisobanurwa, ni umukinnyi w’icyamamare muri Amerika uzwi mu mukino wa Karate. Yamenyekanye cyane muri filime z’intambara mu myaka ya 1980 na 1990, by’umwihariko muri Hong Kong, mbere yo gusubira muri Amerika gukina filime z’ubutumwa bwa Karate.

Yahawe n’ibikombe byinshi mu marushanwa y’isi mu myaka ya 1981-1985, akaba yaragize uruhare rukomeye mu gushishikaza abakobwa n’abagore kwinjira mu mikino y’intambara no gukina filime z’imirwano.

Rothrock ashimwe nk’umugore w’icyitegererezo mu mikino y’intambara, yerekanye ko abagore bashobora kuba abayobozi mu filime z’imirwano kandi bakabasha gukora imirwano y’ubuhanga buhambaye, bituma abagore benshi b’abakina filime z’imirwano bafashwa kwinjira muri uwo mwuga.

Na n’ubu akomeza kugirirwa icyubahiro mu rwego rw’imikino y’intambara, atanga amahugurwa, akagena amanota mu marushanwa, kandi akomeza gushishikariza abakunzi n’abakiri bato kwiga no gukunda imikino y’intambara no gukina filime z’imirwano.


Uwase Delphine wamamaye nka ‘Soleil’ [Uri iburyo] yatangaje ko filime za Cynthia Rothrock ari zo zamushishikije kwiga Karate


‘Soleil’ yavuze ko yahisemo gushinga ishuri ryigisha Karate kugira ngo atange umusanzu we mu gufasha urubyiruko 


‘Soleil’ yavuze ko hari abakobwa n’abandi binjiye mu mukino wa Karate kubera we 


Cynthia Rothrock ni umukinnyi w’imikino y’intambara (martial artist) ndetse n’umukinnyi wa filime w’icyamamare, uzwi cyane mu filime z’intambara zo mu myaka ya 1980 na 1990

Muri Karate, Soleil afite umukandara w'umukara (Ceinture Noire) na Dan imwe amaranye imyaka 5

KANDAHANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA UWASE UZWI NKA SOLEIL

KANDA HANO UREGE AGACE GASHYA KA FILIME 'BAMENYA'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...