Social Mula yasobanuye impamvu umuraperi Ririmba yamusimbuje Ish Kevin kuri Album ‘Confidence’ yasohoye -VIDEO

Imyidagaduro - 04/09/2025 9:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Social Mula yasobanuye impamvu umuraperi Ririmba yamusimbuje Ish Kevin kuri Album ‘Confidence’ yasohoye -VIDEO

Umuhanzi wamamaye mu njyana ya Afrobeat na R&B mu Rwanda, Mugwaneza Lambert [Social Mula] yashyize hanze Album ye ya kabiri yise “Confidence” iriho indirimbo yakoranye n’umuraperi Ririmba ndetse n’abahanzi bo muri Uganda barimo Feffe na Sylivie Wase.

Iyi Album yasohotse mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki 3 Nzeri 2025, nyuma y’igihe kinini yari imaze itegerejwe n’abakunzi be.

Gutinda gusohoka kwayo kwaturutse ahanini ku kibazo cya studio yayikoze, aho yigeze gukurikirwanwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bikaza gutuma imashini zari zirimo imishinga y’indirimbo zifatirwa mu iperereza.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Social Mula yavuze ko ubwo yatangiraga gukora kuri iyi Album yari yihaye intego yo kuyishyiraho wenyine atabifashijwemo n’abandi bahanzi. Gusa ibintu byaje guhinduka ubwo yahuriraga muri studio na Feffe wo muri Uganda.

Ati: “Ubundi numvaga nshaka gukora Album itariho undi muhanzi. Ariko ibintu byabaye nk’ibyikoze. Nka Feffe twahuriye kuri studio ubwo nari muri Uganda mfite gahunda yo gukorana na Sylivie Wase. Twahise duhuzwa n’itsinda rye, igitekerezo kiraza, nawe abyakira vuba. Byaranshimishije kuko nari nsanzwe ndi umufana we.”

Ku birebana n’umuraperi Ririmba, Social Mula yavuze ko byatangiye ashaka gukorana na Ish Kevin ariko ntibyakunda, ari na ho Ririmba yaje kwinjira mu ndirimbo. Ati: “Kuri Ririmba nawe byabaye nk’uko ubwo najyaga kuri Studio narahamusanze icyo gihe yari kumwe na Ish Kevin ndibuka ko twagiye dupanga ko twakorana kenshi ndavuga Ish kevin icyo gihe rero twahise dufata iyo gahunda yo kuba twakorana.”

Akomeza agira ati “Kubera ko yari yiriwe kuri studio mu gihe twari dutangiye gukora ku ndirimbo agatotsi kahise kamufata kubera umunaniro. Ririmba wari hafi yanjye nkumva afite ‘melodie’ n’ibitekerezo byiza, mba musabye ko yashyiramo akantu birangira numva ahubwo ari byiza cyane mpita musaba ko ‘project’ twahita tuyikorana.”

Yakomeje avuga ko n’ubwo Ish Kevin atabonetse kuri iyi ndirimbo, gahunda yo gukorana na we iracyari mu byifuzo bye. Avuga ati “Ish Kevin we yakangutse bwenda gucya asanga indirimbo irasojwe. Gusa gahunda yo kuba nakorana nawe iracyahari mu byifuzo byanjye.”

Social Mula yaherukaga gusohora Album yise ‘Ma Vie’ yagiye hanze tariki 23 Ugushyingo 2025. Album ye nshya yise ‘Confidence’ yakozweho n’abatunganya indirimbo batandukanye mu Rwanda barimo Knox Beat, YewëeH, Pakkage, Iyzo Pro na Bertzbeats. Igiye hanze mu gihe uyu muhanzi yaherukaga gusohora zimwe mu ndirimbo ziyigize zirimo nka ‘Amora’ ndetse na ‘Akana’.

Social Mula avuga ko Confidence itandukanye n’izindi Album yakoze kuko igaragaza ukwizera no kwigirira icyizere (self-confidence), kandi ko guhurira n’abahanzi b’imbere mu gihugu no muri Uganda byamuhaye uburyo bwo kwagura umuziki we no gushyira hamwe impano nshya.


Social Mula yatangaje ko yatangiye gukora kuri iyi Album atifuzaho undi muhanzi ariko byaje guhinduka ku munota wa nyuma


Social Mula yavuze ko yashakaga gukorana na Ish Kevin ariko kubera umunaniro ntibyakunda, ariko yizeye ko bazakorana


Social Mula avuga ko agifite inyota yo gukorana n’abandi baraperi nyuma ya Ririmba

 

Social Mula avuga ko Album ye yihariye kuko ayikozeho igihe kini

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO SOCIAL MULA YITIRIYE ALBUM YE

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'AMOLA'

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'FOR ME' YA SOCIAL MULA

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'DO ME' YA SOCIAL MULA

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'WAITING'

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'AFROLINA'

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'GOOD NIGHT'

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'IBOBI'

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'OH GIRL'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...