Iki cyemezo cyafashwe nyuma y'uko Sénégal isezerewe muri 1/16 cy'irangiza, itsinzwe n'u Bubiligi ibitego 3-2 mu mukino wari urimo ihangana rikomeye. Nyuma y'uko irushanwa rirangiye kuri Sénégal, Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ryahise ryirukana uwari Umutoza Mukuru, Pape Thiaw, ibintu byateje impaka zikomeye mu gihugu.
Ntibyagarukiye aho kuko Perezida w'Ishyirahamwe yanashinje muganga umaze imyaka myinshi akorana n'ikipe y'igihugu, Dr. Abdourahmane Fédior, kuba yaragize uruhare mu kudindiza umwuka mwiza mu bakinnyi mu gihe cy'irushanwa.
Aya makimbirane yiyongereye ku yandi yari asanzwe ahari nyuma y'Igikombe cya Afurika giheruka, ubwo Sénégal yari yabanje gutangazwa nk'iyegukanye igikombe itsinze Maroc, ariko nyuma ikaza kwamburwa iyo ntsinzi.
Icyo gihe byatewe n'uko abakinnyi ba Sénégal basohotse mu kibuga by'igihe gito babisabwe n'umutoza Pape Thiaw, bituma Maroc ivuga ko Sénégal yari ivuye mu mukino ku bushake bwayo, bityo ikaba yari iwutsinzwe.
Mu rwego rwo guhosha aya makimbirane no gushaka ibisubizo birambye, Guverinoma ya Sénégal yategetse ko nta muyobozi cyangwa undi wese uhagarariye Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru wemerewe gutanga ibiganiro, gukora itangazo cyangwa kugira icyo atangaza ku mbuga nkoranyambaga kugeza igihe hazafatirwa indi myanzuro.
